AGEZWEHO

  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...
  • Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda? – Soma inkuru...

ABADIPLOMATE MURI GAHUNDA YO GUSURA IBYIZA BITATSE U RWANDA

Yanditswe May, 17 2019 13:06 PM | 13,265 Views



Abahagarariye ibihugu byabo n'imiryango mpuzamahanga mu Rwanda batangiye gahunda y'iminsi itatu yo gusura ibyiza bitatse u Rwanda mu ntara y'iburengerazuba n'amajyaruguru, guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Gicurasi 2019.

Ni gahunda itangirira muri pariki y'igihugu ya Nyungwe.

Muri iyi Pariki baribonera uburyo ubukerarugendo bukorwa, ibyiza nyaburanga muri iyi pariki ndetse n'uburyo muri pariki ya Nyungwe hari umutekano usesuye. Biteganyijwe kandi ko muri iyi gahunda aba badiplomate bazibonera iterambere ry'abaturage, uburyo u Rwanda rworoheje  ubuhahirane n'amahanga n'ibindi.


Minisiteri y’ububanyi n’amahanga yateguye iyi gahunda ivuga ko ari uburyo bwo gufasha abahagarariye ibihugu byabo n'imiryango mpuzamahanga kumenya inzego bakubakamo ubufatanye n'intara zitandukanye zigize u Rwanda.

Kimwe mu byishimiwe n'abadiplomate ni uburyo ibinyabuzima bibungabungwa muri pariki y'igihugu ya Nyungwe cyane ko iri shyamba rifite uruhare runini mu buzima bw'u Rwanda kuko 70% by'amazi aboneka mu Rwanda afite isoko muri iri shyamba. Harimo amoko y'ibiti asaga 1000 n'amoko 85 y'inyoni nka bimwe mu byongera ubwiza bwa pariki ya Nyungwe, ndetse n'ikiraro cya 'Canopy Walk' cyo mu kirere gifite metero 160 z'uburebure.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama