AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

25 bafashwe bava mu Mujyi wa Kigali berekeza mu Ntara y'Amajyaruguru

Yanditswe May, 08 2020 08:38 AM | 35,101 Views



Polisi y’u Rwanda yerekanye  abantu 25 yafashe  bagiye mu Ntara y’ Amajyaruguru baturutse mu Mujyi wa Kigali no mu nkengero zawo,bakaba bari bateze imodoka zerekeza i Kanyinya, agace gahana urubibi n’Akarere ka Rulindo ariko bagamije ko nibahagera baza gushaka uko bakomeza berekeza mu bindi bice by’amajyaruguru.

Mukantabana Marie Rose avuga ko asanzwe akorera mu Ntara y’Iburasirazuba ariko akaba atuye I Musanze ikaba ari yo mpamvu yari agiyeyo.

Yagize ati “Nakoreraga mu Burasirazuba ariko nashatse i Musanze kandi n’umugabo wanjye ntawuhari ari mu kazi. Imodoka yari guhita ikata yigarukirra I kIgali nkakomeza n’amaguru.”

Na ho Nkusi Theoneste avuga ko we yafashwe agiye mu Karere ka Gakenke aho afite akazi.

Yagize ati “Nari ngiye ku kazi nkorera muri Gakenke nafashe imodoka ijya Kanyinya numva ko ndi bugere Kanyinya ngahita mfata imodoka yangeza mu Gakenke kuko hari inzira isanzwe aho mu ntara hari inzira zemewe.”

Bafatiwe  muri coaster 2. Nsabimana Ramadhan, umwe mu bashoferi bari batwaye izo modoka bafatiwemo, avuga ko atamenye ko bari bafite gahunda yo kuviramo i Kanyinya bakikomereza mu majyaruguru.

Yagize ati “Umuntu wese aza afite ikarita akozaho. Ntabwo nigeze mbabaza aho bagiye. Navuye i Kanyinya nje gutora abandi bagenzi baza binjira nk’uko bisanzwe bigenda.”

Gusa Umuvugizi wa Polisi. CP John Bosco avuga ko ibyo uyu mushoferi avuga atari byo.

Ati “Bagiye bageze kuri bariyeri abapolisi barababaza bumvise aho bagiye n’ukwisobanura kwabo yumva ko bidagfashije. Bakongera kubabaza bumva ko bajyaga Musanze nk’uko babyivugiye.Umunota umwe umupolisi kumenya ko abantu bagiye i Musanze ni yo mpamvu mvuga ko aba bashoferi babeshya. Ntabwo umwanya bamaze bajya mu modoka batari kumenya aho bagiye.”

CP John Bosco Kabera yongeye gutanga ubutumwa buburira yaba ari abakigerageza gukora izi ngendo zitemewe cyangwa se abashoferi babibafashamo

Ati “Tugira ngo twihanangirize aba bashoferi ku buryo bukomeye ndetse n’Abanyarwanda muri rusange bashaka kugenda, kugenda bifite uburyo bikorwa,ibi bintu rwose ntabwo polisi ishobora kubyemera aba bantu bazajya bafatwa,ntabwo polisi ishobora kubyihanganira.”

Ingendo zo mu ntara hagati ziremewe,ariko izambukiranya intara ziracyakomye kugera hatanzwe amabwiriza mashya nyuma y’ibyumweru 2 uhereye tariki ya kane uku kwezi. Ibi byose ni ukwirinda ko hagira ubwandu bushya bwa covid 19 bwaturuka cyangwa bukajya mu ntara imwe bujya mu yindi.  

Theogene Twibanire



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira