AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Uwahoze ari ministre w'intebe w'Ubwongereza avuga ko icyerekezo 2050 kizagerwaho

Yanditswe Feb, 15 2018 12:16 PM | 9,792 Views



Uwahoze ari ministre w'intebe w'ubwongereza Tony Blair aratangaza ko ashingiye ku bushake bwa politiki n' imiyoborere myiza igaragara mu Rwanda hari ikizere  ko icyerekezo 2050 igihugu cyihaye kizagerwaho. Ibi kandi ngo abishingira ku mahitamo abanyarwanda bakomeje hagenedewe ku bimaze kugerwaho.

Ibi ni bimwe mu byagarutsweho mu nama nyunguranabitekerezo y’abafanyabikorwa mu nzego zitandukanye ku ruhare rwa buri wese mu iterambere ry’igihugu. Mu kiganiro yatanze Tony Blair yagarutse ku ruhare rw' u Rwanda mu mpinduka zirimo kubera hirya no hino kw'isi cyane cyane mu myumvire iganisha ku Iterambere. Ati, "Abanyarwanda bagomba gukomeza kumva ko ibintu byose bishoboka, mwibuka ko aho muvuye bitari kubera amahirwe ahubwo ari amahitamo mwakoze, igisigaye n'ugukomeza guhitamo neza  kugira ngo mwihe umuhigo wo kujya kurundi rwego mugakomeza gusenyera umugozi umwe  mu kumva ko ibibatandukanya bitarusha icyerekezo mwihaye  niyo mpamvu u Rwanda ari igihugu gifite umwihariko wacyo."

Tony Blair  avuga ko ireme ry'uburezi rigomba kuba inkingi ya mwamba mu bukungu butajegajega, aho ashimangira ko  imiyoborere myiza. 

Ministre w'imari n'igenamigambi Amb. Claver Gatete avuga ko Rwanda rwashyizeho zimwe mu nkingi zizatuma rwesa  umuhigo wo kugera ku musaruro mbumbe w' amadolari 12,476 ku mwaka, mu myaka 30 irimbere ruvuye ku madorari 720 uyu munsi.

Izi mpuguke mu bukungu zishimangira ko kugira ngo ibi byose bigerweho bisaza kurushaho kongera ubushobozi bw'inganda, guzamura ubumenyi mu bazikoramo ndetse no kurushaho gukorera hamwe.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda bagiye kujya bigishwa indimi

Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro

Nyamasheke: Abanyeshuri basaga 900 bo ku ishuri rya Nyarutovu bamaze icyumweru b

Abana basaga ibihumbi 177 bataye ishuri: Hari gushakwa umuti w’iki kibazo

Guverinoma iri gucoca ibibazo bigaragara mu burezi

Gahunda yo kuzamura ireme ry’uburezi mu mashuri abanza imaze gushinga imiz

Bamwe mu basezeye umwuga w'ubwarimu barifuza kuwusubiramo

Abarimu bose bo mu Rwanda bazaba bafite mudasobwa mu 2025 - REB