AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Urubanza ku iyoherezwa mu Rwanda rya twagirayezu ukekwaho uruhare muri Jenoside

Yanditswe Jan, 08 2018 17:41 PM | 4,301 Views



Ubushinjacyaha bw' u Rwanda buratangaza ko bwishimira ko ubusabe bw' u Rwanda bwo kohereza Wenceslas Twagirayezu ucyekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi kuburanishirizwa mu Rwanda bwaba buri mu nzira yo kubahirizwa n’igihugu cya Denmark.Ni mugihe urukiko rwo muri Denmark mu Mujyi wa Hillerød mu Majyaruguru ya Copenhagen, uyu munsi rwatangiye kwiga ku ihoherezwa mu Rwanda rya Wenceslas Twagirayezu.

Umuvugizi w' Ubushinjacyaha avuga ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo koherezwa mu Rwanda Twagirayezu Wenceslas mu mwaka w’2015 kubera ibyaha acyekwaho bya Jenoside n’ibyaha byibasiye inyoko muntu. Mu magambo ye yagize ati, ''Ibyaha  akekwaho ni ibyaha bya Jenoside n'ibyibasiye inyokomuntu yakoreye mu Rwanda mu cyahoze ari Perefegitura ya Gisenyi muri za Rubavu, za Rwerere, za Busasamana n' ahandi niho yasize abikoreye. Birimo kwica , kujya ku mabariyeri, kujya mu bitero n' ibindi. Nibyo tumukekaho ni nayo mpamvu twanamusabye.''

Twagirayezu yahoze ari umwarimu muri segiteri ya Busasamana muri Rubavu y’ubu.

Ubushinjacyaha buvuga ko yari Perezida wa CDR mu wahoze ari umurenge wa Gacurabwenge akaba azwi kandi kubera buryo yari arangaje imbere interahamwe mu gihe cya Jenoside.

Ubushinjacyaha bw' u Rwanda buherutse  gutangaza ko umwaka ushize wa 2017 warangiye hamaze gutangwa impapuro mpuzamahanga 853 zita muri yombi abakekwaho uruhare muri Jenoside bari mu bice bitandukanye by’Isi.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira