AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Unity Club igiye gutangiza amahuriro y'ubumwe n'ubwiyunge mu turere n'imirenge

Yanditswe May, 23 2017 17:01 PM | 3,728 Views



Komisiyo y'Igihugu y'Ubumwe n'Ubwiyunge itangaza ko  intambwe abanyarwanda bamaze gutera mu bijyanye no kwiyunga ishimishije  n'urugendo rwo kubaka ubwiyunge mu banyarwanda bwasenywe mu gihe kirenze imyaka 100 ishize bukaba rukomeje ku rwego rushimishije.

Umuyobozi mukuru ushinzwe ubumwe,  ndi munyarwanda n'ubukangurambaga rusange muri komisiyo y'igihugu y'ubumwe n'ubwiyunge, Johnson Mugaga asanga n'urugendo rugikomeje ashingiye ku kuba uwasenye ubumwe bw'abanyarwanda yarakoresheje igihe kinini.

Ibi Mugaga, yabigarutseho ubwo Umuryango Unity Club na Komisiyo y'Igihugu y'Ubumwe n'Ubwiyunge batangizaga amahuriro y'Ubumwe n'Ubwiyunge mu mirenge n'uturere bigize u Rwanda.

Aya mahuriro azaba amaze gutangizwa mu turere twose tw'igihugu mu gihe kitarenze ibyumweru bitatu.

Umuyobozi wungirije w'Umuryango Unity Club, Dr. Monique Nsanzabaganwa yavuze ko guha umwanya abahoze mu buyobozi n'abakiburimo bizatanga umusanzu w'ibitekerezo kandi ngo nta wabaye muyobozi wagakwiye gucyura igihe.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura