AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Umushyikirano2016: Ibyo u Rwanda rwagezeho ni umusaruro mu kwishakamo ibisubizo

Yanditswe Dec, 15 2016 17:27 PM | 2,048 Views



Abitabiriye inama y'igihugu y'umushyikirano ku nshuro ya 14, barimo impuguke n'abashakashatsi, bemeza ko ibyo u Rwanda rugezeho, ari umusaruro w'ubumwe n'ubudasa mu kwishakamo ibisubizo. Ibi ni byagarutsweho mu biganiro byatanzwe bigaragaza ishusho nyayo y' iterambere ridashidikanywaho u Rwanda rugezeho.


Mu kiganiro cyiswe ibyo twagezeho, umusaruro w'ubumwe no kwishakamo ibisubizo, Prof. Shyaka Anastase yagarutse ku buryo u Rwanda rwimakaje Demokarasi n'imiyoborere ihuriweho na bose, byanatumye abanyarwanda bafata iya mbere mu kwishakamo ibisubizo, maze ubu igihugu kikaba kigeze ku muvuduko w'iterambere ushimishije.


Yagize ati: “Iyo urebye ibikorwaremezo dufite, ukareba imihanda, icyogajuru cy'u Rwanda Rwandair, ukareba hirya no hino, n'ibikorwaremezo bidafite aho bihuriye n'amikoro y'igihugu cyacu. Yaba ku rwego rw'imihanda, imbaraga Rwandair yavumbukanye, ndetse n’ibyo tubyaza umutungo kamere, ukareba kirowati 20 tubyaza Gaz Methan, mu bihugu bifite intege nke nk'izo dufite ubundi ririya koranabuhanga si iryabo. kuba mu Rwanda bishoboka, ni ukuvuga ko twishatsemo ibisubizo, ndetse n'ibindi birenze biriya bishoboka.”

Bishop John Rucyahana, we  yashimangiye ko kugira umukuru w'igihugu ufite icyerekezo cyo kugira igihugu kimwe n'abaturage basangiye intumbero imwe, byatumye ubwiyunge bushoboka, mu gihugu cyari cyaraciwe umugongo na Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.

Andrew Mwenda,umwe mu nshuti z'u Rwanda zitabiriye umushyikirano, yagaragaje ko kimwe mu byo abantu bakwiye kwigira ku Rwanda nk'igihugu gikennye ariko gifite ubuyobozi bwiza n'ibitekerezo byagutse kiruta byinshi  mu burayi, ari ubudasa burangwa mu byo abanyarwanda bakora.

Usibye abitabiriye iyi nama y'igihugu y'umushyikirano, hirya no hino abanyarwanda yaba abari mu Rwanda n'abari mu mahanga, baratanga ibitekerezo byabo binyuze no ku mbuga nkoranyambaga, bikakirwa kandi bikitabwaho.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira