Yanditswe Jun, 19 2017 19:27 PM | 5,751 Views
Inzobere mu bugeni Bushayija Pascal washushanyije impano intore z’abahanzi, abakora muri siporo n’abanyamakuru bahaye perezida wa repubulika Paul Kagame, arashishikariza urubyiruko gukora ibihangano by’umwimerere kuko aribyo bihesha agaciro nyirabyo. Bushayija Pascal avuga ko amaze gukora ubwoko bw' ibihangano busaga ibihumbi 2,500 mu gihe cy’imyaka 40 amaze muri uyu mwuga.
Bushayija avuga ko nyuma yo gukunda ibijyanye n’ubugeni, yiyemeje kujya kubyiga mw’ishuli ryigisha ubugeni ryo ku Nyundo. Nyuma yo kubyiga, akanabyigisha mw'ishuli. Avuga kandi ko ahanini akoresha ibikoresho biboneka mu Rwanda, akaba usanga uko ibihe bisimburana abanyarwanda barushaho gukunda ibihangano bikorerwa iwabo.
Abikesheje umwuga akora, Bushayija avuga ko yageze kuri byinshi birimo kwiyubakira inzu no kwita ku muryango we. Muri rusange ngo amaze gukora ubwoko bw' ibihangano busaga ibihumbi 2500.
Ku isoko ibiciro by' ibihano ngo usanga bihagaze
hagati y' ibihumbi 60 na miliyoni 2 z' amafaranga y' u Rwanda. Imwe mu mbogamizi
Bushayija avuga ko igaragara mu mwuga akora nuko bimwe mu bikoresho akoresha
nk' irangi ryabugenewe, usanga rituruka hanze y' igihugu.
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru