Yanditswe Feb, 17 2017 15:06 PM | 1,861 Views
Umuyobozi mushya w’umujyi wa Kigali usimbura Monique Mukaruriza yamaze kuboneka. Uyu ni Pascal Nyamurinda wahoze ayobora umushinga wo gutanga indangamuntu .Ayo matora nk’uko biteganywa n’itegeko, yakozwe mu buryo butaziguye mu cyumba cy’inama y’umujyi wa Kigali .Abitabiriye amatora bari 196 kuri 214 .
Abo ni abagize njyanama ku rwego rw’umujyi wa Kigali,njyanama ku turere tw’umujyi wa Kigali n’abagize njyanama mu mirenge iri muri utwo turere twa Kicukiro,Gasabo na Nyarugenge.
Uwahatanye na Nyamurinda ni madamu Aurore Umuhoza wagize amajwi 35 mu gihe Meya mushya yagize amajwi 161
Pascal Nyamurinda asimbuye Monique Mukaruriza wari umaze amezi 11 ku buyobozi bw’umujyi wa Kigali. Bwana Nyamurinda ni umugabo w’imyaka 53.
Afite impamyabushobozi mu mibanire y’ibihugu (Public Relations) n’iyo kuyobora imishinga (Project management)
Akimara gutorerwa uyu mwanya Nyamurinda yavuze ko azaharanira gukorera hamwe, guteza imbere isuku mu mujyi wa Kigali ndetse no guharanira icyarushaho guteza imbere umujyi wa Kigali
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru