Yanditswe Sep, 03 2017 23:56 PM | 4,465 Views
Minisitiri
w'Ubuzima Dr. Diane Gashumba avuga ko igihembo leta y'u Rwanda yahawe kuri
gahunda yo gutanga amaraso hifashishijwe indege zitagira abapilote drones, ari
igihembo kigaragaza intambwe igihugu kimaze gutera mu guha agaciro ubuzima
bw'abanyarwanda.
Mu gihugu cya
Denmark, ni ho ambasaderi w'u Rwanda Nkulikinka Christine yashyikirijwe
igihembo cyiswe Index Award 2017 cyahawe u Rwanda nk'igihugu cyabaye
indashyikirwa mu mikorere myiza mu byerekeranye no kubungabunga ubuzima bw'abaturage
hifashishijwe indege nto zitagira abapilote cg drones.
Minisitiri w'Ubuzima Dr. Diane Gashumba avuga ko iki gikorwa cyo kwifashisha drones cyaramiye ubuzima bwa benshi.
Iki gihembo
cy'indashyikirwa u Rwanda rwagihawe rufatanyije n'ikigo cya Zipline gishinzwe
izi ndege. Amb. Christine Nkulikiyinka avuga ko iki ari igihembo u Rwanda
rwabonye bitewe n'ubuyobozi bwiza bufite icyerekezo kandi buha agaciro ubuzima
bwa buri wese.
Ni nabyo Minisitiri w'Ubuzima Dr. Diane Gashumba avuga.
Hari ku italiki 15
z'ukwezi kwa 10 umwaka ushize ubwo Prezida wa Rep. Paul Kagame yatangizaga ku
mugaragaro ikoreshwa ry'indege zitagira umu pilote mu gikorwa cyo gukwirakwiza
amaraso hirya no hino mu gihugu.
Kuva icyo gihe ibitaro 12 bimaze kugerwaho n'iyo service yihuta cyane kuko iminota 15 gusa amaraso umurwayi aba acyeneye aba amaze kumugeraho mu gihe mbere byafataga amasaha 3 cyangwa 4.
Kugeza ubu izo ndege zitagira umu pilote drones zimaze kugemura amaraso ku bitaro binyuranye inshuro zigera ku 1,500 mu ntara y'Amajyaruguru, iy'Iburengerazuba n'iy'Amajyepfo.
Hari gahunda ko icyo gikorwa cyagezwa mu bitaro 21 harimo n'intara y'Iburasirazuba.
Nyuma y'igikorwa cy'amaraso, Minisiteri y'Ubuzima irateganya ko izi ndege zitagira umu pilote zajya zinatwara n'inkingo hirya no hino mu gihugu aho zikenewe.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru