AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Ubusobanuro RSSB yatanze kuri Miliyari zirenga itarishyuza ntibwanyuze PAC

Yanditswe Sep, 28 2016 12:57 PM | 1,344 Views



Ikigo cy'ubwiteganyirize cy'u Rwanda RSSB cyitabye komisiyo y'inteko ishinga amategeko umutwe w'abadepite ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y'imari n'umutungo bya leta PAC. Ubuyobozi bw'iki kigo bwabanje kugaragaza ibibazo bijyanye no guhuza ibikorwa by'iki kigo.

Umuyobozi w'inama y'ubutegetsi ya RSSB, Dr Gakwaya Innocent, avuga ko ibi bibazo byatewe no guhuza icyahoze ari caisse sociale, RAMA ndetse na mutuelle de sante byatumye abakiriya biyongera bavuye ku bihumbi 20 bagera kuri miliyoni 12, bituma imicungire yabo igorana.

Ikindi mu byashyizwe mu majwi na PAC, ni umwenda wa miliyari 6 na miliyoni 140, RSSB itarishyuza, ariko hakaba nta buryo bugaragara bwashyizweho bwo kwishyurwa. Umuyobozi mukuru wa RSSB Gatera Jonathan, yavuze ko bamaze kuvugana n'ababafitiye iyi myenda barimo MININFRA n'umujyi wa Kigali uburyo aya mafaranga azishyurwa.

Ikindi cyagaragaye ni ikibazo cy'amafaranga (atatangajwe) yagiye ku nyigo ya baringa zitakozwe, kugeza ubu hakaba hari abakozi bakiri gukurikiranwa n'ubutabera.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama