Yanditswe Mar, 07 2018 22:15 PM | 9,551 Views
Ikibazo cy'imirire mibi no kugwingira kw'abana mu
Rwanda kigiye guhagurukirwa n'inzego zitandukanye nyuma yuko leta y'u Rwanda
isinyanye amasezerano na banki y'isi, aho iyo banki y'isi yemereye leta y'u
Rwanda miliyoni 55 z'amadorali y'Amerika azashorwa mu mishinga itandukanye yo
guhangana n'icyo kibazo.
Imirire mibi no kugwingira ni ikibazo gikomeje
guhangayikisha leta y'u Rwanda. Perezida wa repubulika Paul Kagame ubwo yari
igabiro mu mwiherero w'abayobozi bakuru b'igihugu yagarutse kuri iki kibazo
anasaba ko hafatwa ingamba zakirandura burundu. Amb. Claver Gatete, Minisitiri
w'imari n'igenamigambi wasinye ku masezerano ahagarariye leta y'u Rwanda ubwo
yemererwaga na banki y'isi miliyoni 55 z'amadorali yo gushora mu mishinga
ihangana n'iki kibazo yavuze ko uko ibintu bimeze ubu bisaba imbaraga
zidasanzwe.
Yasser El- Gammal uhagarariye banki y'isi mu Rwanda yasobanuye ko kurwanya imirire mibi mu bana ari ugutegura ejo heza h'igihugu. Yagize ati, "...Ni ngombwa kuko turavuga ku imbere heza h'igihugu. turavuga ku bana badatanga umusaruro ukwiye yaba mu masomo no mu ngo zabo ndetse no ku gihugu kubera iyo bibaye ku mwana utarageza imyaka 2 akagira icyo abura ingaruka zabyo ziragoye gukosorwa..."
Dr. Anita Asiimwe ukuriye gahunda mbonezamikurire y'abana avuga ko imirire mibi atariyo mpamvu yonyine itera kugwingira ko ahubwo hari n'izindi mpamvu ziyongeraho ari nayo mpamvu aya mafaranga azakoreshwa mu kwigisha imiryango kunoza imirire hatibagiranye imibanire mu ngo.
Iyi gahunda yatangiriye mu turere 13 ku ikubitiro, twatoranyijwe hashingiwe ku mibare yerekana ahari ikibazo kurusha ahandi mu bijyanye n'ubukene n'imirire mibi ariko ngo izagera mu turere twose uko ubushobozi buzagenda bwiyongera.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru