AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

U Rwanda mu masezerano azatuma uduce 400 dushyirwamo camera zipima umuvuduko w'ibinyabiziga

Yanditswe Feb, 27 2020 08:47 AM | 29,833 Views



Guverinoma y’u Rwanda yagiranye amasezerano n’ikigo cyitwa Eastern Ventures cyo Bihugu byunze ubumwe by’Abarabu agamije kwita ku mutekano wo mu muhanda.

Ku ruhande rw’u Rwanda aya masezerano yashyizweho umukono na Polisi y’u Rwanda mu muhango wabereye ku Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB kuri uyu wa Gatatu.

Muri aya masezerano, harimo ko iki kigo kizafasha u Rwanda mu gushyira ku mihanda ibikoresho bigenzura umuvuduko w’ibinyabiziga birimo na za camera, aho bizashyirwa mu mihanda inyuranye mu Gihugu.

Muri ibyo bikoresho hazaba harimo za camera zigendanwa ndetse n’izishinze hafi y’umuhanda byose bigamije kugenzura umuvuduko w’ibinyabiziga ndetse no gutahura amakosa akorwa mu muhanda. Ibi byose bikaba biri mu murongo wa Guverinoma y’u Rwanda agamije kwimakaza umutekano wo mu muhanda no gukumira impanuka.

Byitezwe kandi ko camera zigenzura umuvuduko zizashyira mu duce 400 two mu Rwanda tuzwiho kuberamo impanuka cyane, aho intego ari uko bizagabanya impanuka ku kigero cya 80%.

Aya masezerano aje mu gihe Polisi y’u Rwanda n’abandi bafatanyabikorwa bari mu bukangurambaga bw’ibyumweru 52 bwiswe Gerayo Amahoro bugamije  gukumira impanuka zo mu muhanda.

Muri 2019, Polisi yagaragaje ko impanuka zo mu muhanda zagabanutse ku kigero cya 17%, aho muri 2018 zari  5,661 zigera 4,661  muri 2019.

Jean-Claude NDAYISHIMYE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage