AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Rubavu: Abajura bakoresha intwaro batawe muri yombi

Yanditswe Apr, 20 2016 18:46 PM | 3,211 Views



Agatsiko k’abajura gakoresha intwaro bivugwa ko kari karayogoje umujyi wa Gisenyi, mu ijoro ryo ku wa kabiri kaguwe gitumo n’inzego z’umutekano mu karere ka Rubavu mu kabali kitwa Snack Bar Macampagne kari gucura umugambi wo kujya kwiba, umugambi waburijwemo na Polisi y’Igihugu ubwo umwe muribo washatse guhangana nabo, akoresheje imbunda yari afite araraswa ahita apfa . 

Aka gatsiko k’abajura bibisha intwaro kari kagizwe n’abantu 6 nyuma yaho umwe muri ahasize ubuzima. 5 nibo bafungiye kuri statio ya Polisi ya Gisenyi aho bakurikiranweho icyaha cyo gucura umugambi wo gukora icyaha cy’ubujura bukoresheje intwaro.

Abaturage k’uruhande rwabo, bavuga Polisi yashoboye guhashya aka gatsiko bavuga ko kabayogoje,kababuza amahwemo. Umuturage witwa Umuhoza Clementine ni umwe mu babyeyi barutse kwambura n’aka gatsiko miliyoni zisaga 3 z’amafaranga y’u Rwanda. 

Mu gihe bahamwe n’icyaha  cyo gucura umugambi wo gukora icyaha cy’ubujura bukoresheje intwaro, igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda mu ngingo ya 305, iyo bwakozwe n’umuntu urenze umwe agatsiko bahanishwa igihano cya burundu.

Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba ACP Mutenzinare Bertin, yashimiye abaturage ubufatanye, yavuze ko batazigera bihanganira namba uwo ariwe wese ushobora guhungabanya umutekano w’abaturage n’ibyabo .



Tuyisenge Moise

ko mutagaragaza amashusho yabo ko wenda hari abandi bari inshuti zabo umuntu yaba azi, Apr 24, 2016


Manirarora Yoramu

Nibabafunge Burundi kuko babafunguye babyongera May 02, 2016


Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize