AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Raporo ya Banki y'isi nshya yerekana ko u Rwanda ruri ku mwanya mwiza mu bukungu

Yanditswe Apr, 20 2017 14:07 PM | 3,008 Views



Raporo ya Banki y’isi yashyize u Rwanda mu bihugu bifite ubukungu buhagaze neza. Iyo raporo yaraye ishyizwe ahabona yerekana ko u Rwanda hamwe n’ibindi bihugu bitandatu byo ku mugabane wa Afurika bikomeje kwihagararaho, aho byagize ubukungu bwakomeje kuzamuka hejuru ya 5.4%, hagati ya 2015-2017.

Iyi raporo ya ‘Africa’s Pulse’ ikorwa na Banki y’Isi kabiri mu mwaka nk’isesengura rigagaragaza uko ubukungu bw’ibihugu bya Afurika bihagaze, igaragaza ko ubukungu bwa Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bushobora kuzamuka kuri 2.6% mu 2017.

Inagaragaza ko hari ibihugu byakomeje kugenda byihagararaho mu bukungu, birimo u Rwanda, Côte d’Ivoire, Ethiopia, Kenya, Mali, Senegal na Tanzania byakomeje kuzamura ubukungu bwabyo hejuru ya 5.9%..

Raporo ya Banki y’Isi ivuga ko muri uyu mwaka ubukungu bw’ibihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara buzazamuka, nyuma y’ibihe bikomeye mu myaka ishize.

Izamuka ry’ubukungu bw’isi muri rusange ngo rishobora gutiza imbaraga izamuka ry’ubukungu bwa Afurika, Africa’s Pulse ikavuga ko buzazamuka ku mpuzandengo ya 3.2% mu 2018 na 3.5% mu 2019.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama