Yanditswe Jan, 15 2018 15:28 PM | 10,671 Views
Urwego rw'igihugu
ngenzuramikorere RURA, rurakangurira abaturage kwiyandukuza kuri SimCards bibarujeho ariko bakaba
batakizikoresha, kuko bizabafasha
kwirinda ingaruka zitandukanye zishobora guterwa n'ikoreshwa ry'izi Sim Cards
mu buryo butanoze.
Mu gihe u Rwanda
rukomeje gutera intambwe mu gukoresha ikoranabuhanga mu nzego zitandukanye, itumanaho
rikoresheje telefone zigendanwa ni kimwe mubiza ku isonga mugusakaza amakuru
hifashishijwe iyo nzira.
Bamwe mu baturage bavuga ko gutunga telefone ngendanwa bibafasha cyane mu bikorwa bitandukanye byabo, ariko bakagaragaza impungenge zuko rimwe na rimwe hari ubwo bagura SimCard zirenze imwe igihe batakizikoresha bikaba byabagiraho ingaruka.
Umuturage Kayitare François, agira ati, ''Hari impungenge z'uko wa muntu natije ibyangombwa byanjye akibaruzaho simcard ye azakorera ikosa kuri ya simcard, ubuyobozi nibujya gukurikirana nijye buzakurikirana watanze ibyangombwa kuko ari njye ibaruyeho wa wundi wakoze ikosa ntacyo bizaba bimurebaho kandi ariwe warikoze''
Kwizera George, Umukozi mu rwego rw'igihugu ngenzuramikorere RURA ushinzwe kubungabunga nomero zikoreshwa mu itumanaho, aragaruka ku buryo abaturage bakoresha kugira ngo biyandukuze kuri izo sim card batagikoresha. Ati, ''Wandika izo nomero ubona zikwanditseho utazizi cyangwa utakizikoresha ku gapapuro hanyuma ugafata telefone ugakanda akanyenyeri ukandika 125 ugakanda kanyenyeri ukandika 1 akanyenyeri ukandika ya nomero utifuza ushaka kwandukuzaho ugashyiraho akanyenyeri ugashyiraho nomero y'irangamuntu yawe urwego ukohereza iyo birangiye iyo nomero ihita ivaho''
Urwego rw'igihugu ngenzuramikorere RURA rurugaragaza ko magingo aya abantu bakoresha itumanaho rya Telefoni zigendanwa mu Rwanda, basaga Miliyoni 8.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru