AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

RDF yasuwe n'intumwa idasanzwe y'umunyamabanga mukuru wa Loni muri Centrafrique

Yanditswe Dec, 07 2017 22:48 PM | 2,641 Views



Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga Mukuru wa Loni muri Centrafrique iri kumwe n'Umugaba Mukuru w'Ingabo za Loni ziri mu butumwa bw'amahoro muri Centrafrique bagiranye ikiganiro n’abayobozi bakuru b’ingabo z’u Rwanda. Aba bayobozi baganiriye ku busabe bwa Loni bw'uko U Rwanda rwakongera umubare w'abasirikare rufite muri Centrafrique

Ni ubwa mbere Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga Mukuru wa Loni mu gihugu cya Centrafrique, Parfait Onanga Anyanga hamwe n'Umugaba Mukuru w'Ingabo za Loni ziri mu butumwa bw'amahoro muri Centrafrique, Gen. Balla Keita, basuye U Rwanda kuva aho rutangiye kugira uruhare rukomeye mu butumwa bw'amahoro muri Centrafrique.

Mu biganiro aba bayobozi bagiranye na Minisitiri w'Ingabo, Gen James Kabarebe hamwe n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Gen. Patrick Nyamvumba, bashimye U Rwanda ku ruhare rugira mu bikorwa byo kubungabunga amahoro muri Centrafrique.

Parfait Onanga Anyanga , yavuze ko banaganiriye ku ngingo zitandukanye zijyanye n’ibikorwa u Rwanda rufatanya na centrafrique byo kubungabunga amahoro ku isi. Yagize ati, " Byari ngombwa rero ko tuza kuganira na Minisitiri w'Ingabo hamwe n'Umugaba w'Ingabo z'U Rwanda ku  ngingo zitandukanye mu bikorwa dufatanya byo kubungabunga amahoro.  Icya mbere kibanze twashimiye cyane Guverinoma y'U Rwanda yaduhaye ingabo z'intangarugero mu butumwa bw'amahoro kandi tubashimira uburyo bakora akazi kabo mu buryo bwa kinyamwuga bwo ku rwego rwo hejuru mu mirimo yose bashinzwe, icyo nicyo cy'ingenzi cyatugenzaga".

Umuvugizi w'Ingabo z'U Rwanda, Lt Col Innocent Munyengango yavuze ko aba bayobozi ku mpande zombi baganiriye uburyo umutekano uhagaze mu gihugu cya Centrafrique muri iki gihe. Ndetse baganiriye no ku biganiro bikomeje ku mpande zombi  ku busabe bwa Loni bw'uko U Rwanda rwakongera umubare w'abasirikare rufite muri Centrafrique.

Biteganyijwe ko kuri uyu wa 5 iyi ntumwa idasanzwe y'Umunyambanga wa Loni muri Centrafrique hamwe n'Umugaba Mukuru w'Ingabo ziri mu butumwa bw'amahoro muri Centrafrique bazitabira Inama ya 45 ibera I Kigali yo ku rwego rw'abaminisitiri ya Komite Ngishwanama ya Loni ku bibazo by'Umutekano muri Centrafrique.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira