AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

RBC ntifitiye ubusobanuro bw'uko miliyari z'amafaranga zakoreshejwe--PAC

Yanditswe Sep, 26 2016 17:05 PM | 1,339 Views



Komisiyo ishinzwe kugenzura imari n' umutungo by' igihugu mu nteko  ishingamategeko yakiriye ubuyobozi bw' ikigo cy' igihugu gishinzwe ubuzima RBC kugirango batange ibisobanuro ku mikoreshereze mibi y'umutungo yagaragaye muri raporo y' umugenzuzi mukuru w' imari ya Leta y' umwaka wa 2014- 2015.

 Nkuko Raporo y'umugenzuzi mukuru w' imari ya Leta ibigaragaza hari amafaranga agera kuri miliyari 2 na miliyoni 500 yasohotse ariko RBC ikaba itaragaragarije  umugenzuzi mukuru w' imari ya Leta uko aya mafaranga yakoreshejwe.

Umuyobozi wa PAC , depite Juvenal Nkusi avuga ko bitumvikana ukuntu RBC itagaragaje ibyemeza uko amafaranga yasohotse yakoreshejwe ubwo hakorwaga ubugenzuzi.

Ibindi byagaragajwe n' umugenzui mukuru w' imari ya Leta  abadepite bagarutseho harimo imiti ifite agaciro ka miliyoni 429 yangirikiye mu bubiko. Uretse iyi miti,  hari ikinyuranyo cya miliyoni 940 kigaragara  hagati y' agaciro k' imiti bafite mu bubiko n' agaciro kagaragazwa muri systeme y' imari, gusa abayobozi ba RBC bavuga ko batazi impamvu yabyo



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira