AGEZWEHO

  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...
  • Uganda yiyemeje guhashya icyasubiza Akarere mu icuraburindi nk’irya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...

"Imbaraga zacu tuzishyire mu kwiyubaka no kurinda ibyo twubaka"--Perezida Kagame

Yanditswe Aug, 24 2018 16:49 PM | 24,500 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba na Chairman w’umuryango FPR Inkotanyi arizeza abanyarwanda bose ko nta na rimwe ubuyobozi bukuru bw’igihugu buzagira uwo bwirengagiza kubera ko atuye kure y’aho bukorera. 

Ibi Umukuru w’igihugu yabigarutseho ubwo yari mu karere ka Gisagara aho yanemereye abagatuye ko mbere yuko uyu mwaka wa 2018 urangira, imirimo yo kubaka umuhanda wa kaburimbo muri aka karere izaba yatangiye.

Perezida Paul Kagame ari nawe 'Chairman' w’umuryango FPR Inkotanyi yifatanyije n’abaturage ibihumbi bari ku kibuga cy’imikino cyo mu murenge wa Muganza mu karere ka Gisagara, ahabereye ibikorwa byo kwamamaza abakandida-depite b’umuryango FPR Inkotanyi n’indi mitwe ya politiki yifatanyije nawo. 

Umukuru w’igihugu yashimiye abaturage ba Gisagara icyizere bagiriye umukandida w’umuryango FPR Inkotanyi mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka, abasaba kumuha abo azafatanya nabo kugirango ibyo yabasezeranyije yiyamamaza mu 2017 bizagerweho birimo n'umuhanda wa kaburimbo.

Umuyobozi w’umuryango FPR Inkotanyi yagaragaje politiki mbi n’imiyoborere itita ku baturage, nk’intandaro yateraga bamwe mu baturage ba Gisagara kujya gushakira imibereho mu bihugu by’abaturanyi. Yashimangiye ko ubuyobozi bukuru bw’igihugu butazahwema kwita kuri buri munyarwanda.

Muri nyakanga 1994, imiryango 24 yonyine ni yo yari ifite amashanyarazi muri aka karere, none kuri ubu zirabarirwa mu bihumbi 132. Ibi bituma abaturage birahira umuryango FPR Inkotanyi. Kwihutisha iterambere ritagira uwo risiga inyuma no kurinda ibyagezweho, biri mu byibanze umuryango FPR Inkotanyi uvuga ko ushyize imbere.  

Umuryango FPR Inkotanyi watangiye ibikorwa byo kwamamaza abakandida-depite bawo guhera tariki 13 z’uku kwezi kwa 8. Iyi ikaba ari yo nshuro ya mbere Perezida Paul Kagame ari nawe 'chairman' w’uyu muryango yari yitabiriye ibi bikorwa byo kwamamaza.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu