Yanditswe Nov, 28 2018 22:46 PM | 33,794 Views
Perezida w’inteko
ishinga amategeko y’u Rwanda umutwe w’abadepite, Hon. Mukabalisa Donatille,
yitabiriye ihuriro mpuzamahanga rihuje abagore bari mu nzego z’ubuyobozi, mu
gihugu cya Iceland.
Mu ijambo yagejeje ku baryitabiriye, yababwiye ko ubusumbane hagati y’ibitsina byombi atari ikibazo gusa mu rwego rwa politiki cyangwa se rw’imibereho myiza, ko ahubwo ngo binagira ingaruka zikomeye mu rwego rw’ubukungu.
Yavuze ko mu gihe abagore, bagize ½ kirenga cy’abatuye isi, badahawe amahirwe yabo yose, kandi mu nzego zose, iyi si yahura n’ibibazo bikomeye.
Yongeyeho ko ubukene, kutiga n’umushahara muto mu kazi, umuco n’ibindi bikomeje kubuza abagore gukoresha uburenganzira bwabo burimo kugera ku mahirwe yo mu rwego rw’ubukungu n’ibindi.
Hon.Mukabalisa yavuze ko iri huriro ry’abagore
bari mu buyobozi bwa politiki ari amahirwe akomeye yo kongera gutekereza kuho
uburinganire bugeze, ubu, ku mugabane w’Afrika no gufata ingamba zo kuzamura
ishoramari mu bijyanye n’uburinganire no
kwigira kw’abagore.
Yavuze ko Afrika itakaza byinshi kubera ubusumbane bw’ibitsina byombi. Aha yagaragaje ko guhangana n’ikibazo cy’ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore bisaba ubukangurambaga bukomeye mu baturage, hagamijwe guhindura imyumvire ya bamwe.
Yavuze ko abantu badashobora kwizera iterambere mu bihugu byabo cg se ku migabane yabo mu gihe hari igice kimwe cy’abaturage kigizwe n’abagore gisigaye ku ruhande. Ngo ibi kandi ntibishobora gutuma Afrika nayo igera ku ntego yihaye muri 2063 cyangwa se intego z’iterambere rirambye muri 2030.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
5 hours
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru