Yanditswe Feb, 20 2017 18:42 PM | 1,370 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye vice perezida w'igihugu
cy'ubuhinde Shri Hamid Ansari uri mu ruzinduko rw'akazi mu Rwanda. Ministeri
y'ububanyi n'amahanga y'u Rwanda iravuga ko mu byo aba bayobozi baganiriye
harimo ibijyanye no gukomeza gutsura umubano w'ibihugu byombi, guteza imbere
ubukungu ubuzima n'ibikorwaremezo.
Ibiganiro perezida Kagame yagiranye na visi prezida w'ubuhinde Shri Hamid Ansari byagarutse cyane cyane ku mubano uranga ibihugu byombi n'uko wakomeza gutera imbere ariko uyu muyobozi ashima intambwe u Rwanda rumaze gutera nyuma y'ihagarikwa rya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 nk'uko bisobanurwa n'umunyamabanga uhoraho muri ministeri y'ububanyi n'amahanga w'u Rwanda Claude Nikobisanzwe,"mu gitondo yagiye gusura urwibutso rwa Jenoside ku gisozi, abwira perezida wacu ukuntu byamurenze ariko anashima ukuntu u Rwanda rwavuye muri ibyo bibazo rwarimo icyo gihe rukaba rugezo aho rugeze ubu, anashimira perezida wacu ko ariwe wayoboye izo mpinduka"
Imibare itangazwa n'ikigo cy'igihugu cy'iterambere/RDB igaragaza ko kuva mu mwaka wa 2011-2016 igihugu cy'ubuhinde cyazanye mu Rwanda imishinga 66 yose hamwe ifite agaciro ka miliyoni 317 z'amadolari ya Amerika ni ukuvuga asaga miliyari 260 uyabaze mu mafaranga y'u Rwanda.
Umunyamabanga wa leta muri ministeri y'ububanyi n'amahanga avuga ko umushinga wihutirwa ubuhinde bugiye gukomeza ari uwo kubaka uruganda rw'amashanyarazi rwa Nyabarongo ya 2.
Usibye kuba visi perezida w'ubuhinde yakiriwe na Perezida Paul Kagame, uyu muyobozi yanakiriwe na perezida w'inteko ishinga amategeko umutwe wa Sena Hon Bernard Makuza wanamuherekeje mu biro by'umukuru w'igihugu.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru