AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Perezida Paul Kagame yakiriye visi perezida w'ubuhinde mu biro bye

Yanditswe Feb, 20 2017 18:42 PM | 1,370 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye vice perezida w'igihugu cy'ubuhinde Shri Hamid Ansari uri mu ruzinduko rw'akazi mu Rwanda. Ministeri y'ububanyi n'amahanga y'u Rwanda iravuga ko mu byo aba bayobozi baganiriye harimo ibijyanye no gukomeza gutsura umubano w'ibihugu byombi, guteza imbere ubukungu ubuzima n'ibikorwaremezo.

Ibiganiro perezida Kagame yagiranye na visi prezida w'ubuhinde Shri Hamid Ansari byagarutse cyane cyane ku mubano uranga ibihugu byombi n'uko wakomeza gutera imbere ariko uyu muyobozi ashima intambwe u Rwanda rumaze gutera nyuma y'ihagarikwa rya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 nk'uko bisobanurwa n'umunyamabanga uhoraho muri ministeri y'ububanyi n'amahanga w'u Rwanda Claude Nikobisanzwe,"mu gitondo yagiye gusura urwibutso rwa Jenoside ku gisozi, abwira perezida wacu ukuntu byamurenze ariko anashima ukuntu u Rwanda rwavuye muri ibyo bibazo rwarimo icyo gihe rukaba rugezo aho rugeze ubu, anashimira perezida wacu ko ariwe wayoboye izo mpinduka"

Imibare itangazwa n'ikigo cy'igihugu cy'iterambere/RDB igaragaza ko kuva mu mwaka wa 2011-2016 igihugu cy'ubuhinde cyazanye mu Rwanda imishinga 66 yose hamwe ifite agaciro ka miliyoni 317 z'amadolari ya Amerika ni ukuvuga asaga miliyari 260 uyabaze mu mafaranga y'u Rwanda.

Umunyamabanga wa leta muri ministeri y'ububanyi n'amahanga avuga ko umushinga wihutirwa ubuhinde bugiye gukomeza ari uwo kubaka uruganda rw'amashanyarazi rwa Nyabarongo ya 2.

Usibye kuba visi perezida w'ubuhinde yakiriwe na Perezida Paul Kagame, uyu muyobozi yanakiriwe na perezida w'inteko ishinga amategeko umutwe wa Sena Hon Bernard Makuza wanamuherekeje mu biro by'umukuru w'igihugu.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama