Yanditswe Mar, 20 2018 22:35 PM | 4,219 Views
Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa asanga gushyira mu bikorwa
amasezerano y'isoko rihuriweho rya Afrika agiye gusinywa kuri uyu wa 3, bizoroha
kuko ibihugu bizaba byiyemeje gukorera hamwe. Ku rundi ruhande, Dr Donald
Kaberuka we asanga Afrika igiye kurushaho gutekana no kugera ku iterambere
ryifuzwa.
Mu kiganiro kigamije kungurana ibitekerezo ku mbaraga z'ishoramari rya Afrika, Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa asobanura ko abanyafrika bakeneye
gukorana kuko iby'ibanze uyu mugabane ukeneye ngo ubashe gutera imbere bihari. Ati, "...kugirango tubigereho dukeneye ubufatanye, kuganira ku buryo buhoraho
tukabicengeza mu baturage bacu tubereka ko turi kumwe twese twatsinda. Kuba hari
ibihugu bitera imbere si uko ari byo bihabwa amahirwe ahubwo bifite intego, ni
ngombwa gusangira ibitekerezo tukihutisha imishinga tukareba uko yashyirwa mu
bikorwa ku nyungu z'abaturage bacu.
Uwahoze ari Perezida wa Nigeria Olusegun Obasanjo asobanura ko inzego za leta n'iz'abikorera zigomba kugira uruhare rugaragara kugirango imishinga yose itegurwa ishyirwe mu bikorwa; gusa ngo hakwiye kurebwa urwego ibikorwaremezo bya Afrika biriho kugirango bitazakoma mu nkokora ishyirwa mu bikorwa ry'imishinga y'ishoramari ibihugu bya Afrika byifuza. Yagize ati, "...Ibikorwaremezo ni ikintu gikomeye rwose: twakora dute tudafite itumanaho, nta gutwara abantu n'ibintu, nta muriro n'ibindi. Ni gute ibyo tugomba kubishyira imbere? Niba ejo tuzasinya aya masezerano y'ingirakamaro ni ukwizera niba ibyo bikorwaremezo byuzuzanya bigomba gushyirwamo imbaraga bikajyana n'ibindi bikenewe."
Kuva mu mwaka wa 2016, Perezida w'u Rwanda Paul Kagame yahawe inshingano zo gukora amavugurura y'umuryango wa Afrika yunze ubumwe. Dr Donald Kaberuka yari mu itsinda ryateguye ayo mavugurura. We asanga gusinya amasezerano ashyiraho isoko rihuriweho ari yo nzira y'iterambere n'amahoro arambye. Yagize ati, "...reka ntange urugero rumwe: mu gace ka Aziya ahatuwe na miliyoni 600 z'abaturage, Cambodia, Laos, Vietnam gutyo: hariya hahoze umutekano muke igihe kirekere. Ariko igihe bishyiraga hamwe abayapani bahashoye imari ku buryo butagira ingano imirimo iraboneka ubu hari mu hantu hari umutekano ku isi: Ndizera ko hejuru y'uko aya masezerano aganisha mu bucuruzi, ni inzira yo kubaka umutekano ku mugabane wa Afrika."
Kugeza ubu ibihugu bya Afrika bikora ubucuruzi hagati yabyo ku gipimo cya
17% mu gihe ku yindi migabane iki gipimo kikubye inshuro 2 cyangwa 3. Gusinya
amasezerano agamije koroshya ubucuruzi n'ishoramari mu bihugu bya Afrika
bizasiga nibura ubucuruzi bukorwa imbere mu bihugu bya Afrika bugera ku gipimo
cya 52% mu mwaka wa 2022.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru