AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Perezida Kagame yitabiriye inama ku ntego z'iterambere rirambye muri Ghana

Yanditswe Dec, 11 2017 12:14 PM | 4,726 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari I Accra muri Ghana aho yitabiriye  ibiganiro ku ngamba zo gushakisha ubushobozi bwo guteza imbere intego z'iterambere rirambye (SDG’s)

Muri ibyo biganiro Perezida Kagame yavuze ko kugirango intego z’ikinyagihugumbi zibashe kugerwaho, guverinoma ubwayo itabyigezaho hatabayeho ubufatanye bw’ibihugu, kandi hakabaho ubufatanye bwihariye n’inzego z’abikorera kugirango intego zo guhindura ubuzima bw’abaturage zibashe kugerwaho byihuse.

Perezida wa Repubulika yibanze cyane ku ruhare rw’abikorera avuga ko ari moteri yo kurwanya ubukene, kuzamura ubukungu bw’ibihugu, ndetse no gushyira mu bikorwa intego ibihugu ubwabyo byihaye.

Perezida Kagame yakomeje avuga ko kuri ubu ibihugu bya Afrika bifite intego z’iterambere bihuriyeho, hatitawe ku gihugu ubwacyo, bitewe n’uko hari ibibazo usanga bibangamira buri gihugu nta na kimwe gisigaye.

Muri aya masaha, Perezida kagame ari mu kiganiro mpaka gifite insanganyamatsiko igira iti : “Bisaba Iki kugirango intego z’iterambere rirambye, SDG’s zishyirwe mu bikorwa: Uruhare rw’Imiyoborere.’’



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama