AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Perezida Kagame yashimiye ingabo za RDF umutekano w'igihugu n'uwa abaturage

Yanditswe Apr, 06 2017 22:07 PM | 3,887 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye inama n'abayobozi b'Ingabo z'u Rwanda abashimira akazi keza bakorera igihugu ko kurinda ubusugire bwabo ndetse no kubungabunga imibereho y'abaturarwanda.

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ari nawe mugaba w'Ikirenga w'Ingabo z'u Rwanda yayoboye Inama nkuru ihuza abayobozi b'ingabo z'u Rwanda. Ni inama ngaruka mwaka yabereye ku cyicaro gikuru cy'Ingabo z'u Rwanda i Kigali ku Kimihururu.

Aganira n'aba bayobozi b'ingabo, Perezida wa Repubulika yabashimiye akazi keza bakora ko kurinda ubusugire bw'igihugu ari nako bita ku mibereho myiza y'abaturage (human security); ibi bikaba binagaragarira mu mutekano igihugu gifite ubu.

Uko u Rwanda ruhagaze ubu avuga ko bifitanye isano n'amateka y'igihugu cy'u Rwanda arimo n'aya Jenoside yakorewe Abatutsi. Aha yagarutse ku kuba jenoside igomba kurwanywa kugira ngo itazongera kugira ahandi yaba ukundi.

Umukuru w'Igihugu yasabye abari muri iyi nama ndetse n'Ingabo z'igihugu muri rusange, gukomeza kwita ku nshingano zabo barangwa n'imyifatire myiza (discipline) yo nkingi ya mwamba Ingabo z'u Rwanda zubakiyeho ubunyamwuga bwazo.

Itangazo dukesha umuvugizi w'agateganyo w'ingabo z'u Rwanda, Lt Col René Ngendahimana rivuga ko abari muri iyi nama nkuru ya gisirikare bunguranye ibitekerezo na Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku bijyanye n'uko barushaho kunoza inshingano zabo no guteza imbere imibereho myiza y'Abanyarwanda.

Inkuru mu mashusho:




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira