Yanditswe Mar, 28 2018 22:07 PM | 12,062 Views
Atangiza umwiherero w'abayobozi b'inzego z'ibanze kuri uyu wa
Gatatu, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabasabye kurushaho kwgera abaturage
no gukemura ibibazo aho kubitera.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aravuga ko bitumvikana ukuntu ibintu umuyobozi yakemura mu cyumweru
kimwe bitwara amazi atatu cyangwa umwaka. Mu kiganiro yahaye abayobozi b'inzego
z'ibanze bagera ku 1300 batangiye umwiherero w' iminsi itatu, Umukuru w'igihugu yashimangiye ko uyu mwiherero ukwiye kubaviramo imikorere n'imyumvire
mishya no kwirinda kuba inzitizi ku iterambere ry'abaturage bashinzwe
kwihutisha.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame wahwituriye abayobozi kurushaho kwegera abaturage aho kumara umwanya mu nini mu biro no mu nama za hato naho, yatangaje ko hakwiye gushyirwa ingufu mu kubaza abantu ibyo bakora kandi hakirindwa gushakwa urwitwazo ku bagaragayeho ibyaha.
Mu mpanuro ze ,Perezida Kagame yagarutse ku kibazo cy'imirire mibi by'umwihariko mu bana asaba abayobozi kukivugtira umuti ukwiye, ibyo ngo bikanyana no kutihanganira ko abana bava mu mashuri cyangwa se bahinduka inzererezi.
Mu rubugaga rw' ibibazo n'ibitekerezo, abayobozi b'inzego z'ibanze
batanze igitekerezo cy'uko akagari karushaho kongerwa abakozi n'ubuhsobozi
ndetse hagatorerwa umuti ikibazo cy'abasaba guhabwa amasambu bahoranye mbere
y'uko ahabwa abandi baturage muri gahunda yo gusaranganya. Ibisubizo bahawe n'umukuru w'igihugu byateye akanyamuneza aba bayobozi begereye abaturage.
Ibijyanye no kuba u Rwanda rudakora ku nyanja Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabibyifashishije asaba abayobozi kujya batekereza byimbitse mu gushaka ibisubizo byihariye igihugu gifite aho kwitera ibindi bibazo bishobora kwirindwa. Umukuru w'igihugu wagaragaje ko gusaba imbabazi bya hato na hato bimaze kuba iturufu kuri bamwe mu bayobozi,yakomoje no kubintu bishya bihangwa mu ikoranabuhanga bikamamara cyane mu bitangazamakur ubikazageza ubwo bizimira kubera kutagira gikurikirana,asaba ko ibintu nk'ibi bihinduka.
Umwiherero w'abayobozi b'inzego z'ibanze kuva ku rwego rw'intara kugera ku rwego rw'imirenge urabera mu ishuri ryisumbuye rya FAWE Girls School, ukaba ubaye ukurikira uw'abayobozi bakuru uherutse ku bera i Gabiro mu Burasirazuba bw' u Rwanda.
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru