AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

Perezida Kagame yasabye aba ofisiye bashya kugendana n'aho isi igeze mu bumenyi

Yanditswe Feb, 23 2017 13:01 PM | 3,472 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n'umugaba w'ikirenga w'ingabo z'u Rwanda, kuri uyu wa kane,  yahaye amapeti abasirikare 478 barangije imyitozo ibagira aba-ofisiye bato mu ngabo z'u Rwanda. Muri bo harimo 68 b'igitsina-gore bahawe ipeti rya sous Lieutenant.

Ni imyitozo bamwe muri abo basirikare bamazemo igihe kigera ku mwaka abandi bamaramo amezi 7, ku bafite ubumenyi bwihariye nk'abaganga ndetse n'aba 'ingenieurs'

Aya mahugurwa agamije gutuma aba basirikare baba ingabo z'umwuga ndetse akanabafasha guzasohoza inshingano zabo neza.

Umuyobozi w'ishuli rya Gisirikare rya Gako Col Tom Mpaka avuga ko bimwe mu bikubiye mu nyigisho zahawe aba ba-ofisiye yari ajyanye no guhindura imyitwarire.

Umukuru w'igihugu Paul Kagame yavuze ko uko isi igenda itera imbere, ari nayo mpamvu ubumenyi nabwo bugenda bukenerwa, ibintu avuga ko u Rwanda rutagomba gusigara inyuma. Aha yavuze ko ingabo z'igihugu zifite amateka maremare ariko kugeza ubu izi ngabo zikaba zimaze kugaragara uruhare rukomeye mu gukorera abaturage no gufatanya nabo.

Aba bahawe amapeti  bari mu byiciro bitatu harimo abari bamaze umwaka umwaka, abigiye mu mashuri yo mu karere ndetse nabize ibijyanye no gutwara indege za gisirikare. Muri uyu muhango kandi hahembwe abanyeshuri bitwaye neza kurusha abandi muri aya mahugurwa.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira