AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Perezida Kagame yakiriye ku meza abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda

Yanditswe Jan, 16 2018 22:18 PM | 8,996 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko u Rwanda rushyize mu gihe ruyoboye umuryango w' Ubumwe bwa Afrika rushyira imbaraga mu kwishyira hamwe kw' ibuhugu bigize uyu mugabane.

Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri ubwo yakiraga Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ndetse n'imiryango mpuzamahanga. Perezida Kagame yabahaye ikaze mu Rwanda cyane cyane abahagarariye ibihugu byabo bari bitabiriye uyu muhango ku nshuro ya mbere anagaragaza ko umwaka ushize wabaye mwiza ku gihugu.

Uwavuze mu izina ry'abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda John Mwangemi uturuka muri Kenya yabanje gushimira Perezida Kagame watsinze amatora y'umukuru w'igihugu ndetse n'uburyo abanyarwanda bayitwayemo neza anizeza ko bazakomeza gukoreana neza n'u Rwanda.

Perezida wa Repubulika yanakomoje ku kibazo cy'abimukira bari muri Libya avuga ko u Rwanda rwiteguye kwakira ababishaka bose, ari abashaka kuza, ndetse n'abifuza kuhanyura mbere yo gusubira mu bihugu byabo.

Yongeyeho u Rwanda rutazahwema gukorana n'Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Leta zitandukanye, n'imiryango mpuzamahanga mu gushakira umuti iki kibazo.

Inkuru irambuye mu mashusho




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama