AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

Perezida Kagame yakiriye indahiro y'abayobozi bagize guverinoma nshya

Yanditswe Aug, 31 2017 23:02 PM | 5,953 Views



Nyuma yo kwakira indahiro y'abagize guverimoma, Perezida wa Republika Paul Kagame yatangaje ko yifuza impinduka zihuse mu mikorere. Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki 31 Kanama 2017, yakiriye indahiro y'Abaminisitiri n'Abanyamabanga ba Leta bagize guverinoma bashyizweho nyuma y'amasaha make Minisitiri w'intebe mushya arahiye.

Perezida wa Republika Paul Kame yavuze ko kunoza imikorere n'imikoranire mu bagize inzego z'ubuyobozi bidasaba abaterankunga ashimangira ko yifuza impinduka mu mikorere.

Umukuru w'igihugu yatangaje ko u Rwanda rufite ibibazo byihariye birimo no kuba ruri kure y'inyanja ngari bigatuma ikiguzi cyo kwinjiza no gusohora ibintu mu gihugu gihenda avuga ko ibyo nabyo ubwabyo bikwiye gutuma abantu bagira imyitwarire n'imikorere byihariye.

Mu ijambo rishimangira icyo ategerje kubafashe ku ibendera ry'igihugu barahirira ko bazaharaanira ibyagirira Abanyarwanda bose akamaro, Perezida Kagame yagaragaje isura nyayo y'umuyobozi ukwiriye iryo zina.

Mu baminisitiri 20  harimo abagore 10 naho mu banyamabanga ba Leta 11 harimo abagore 2.Kuri 31 bagombaga ku rahira 3 ntibari bahari kubera impamvu zitatangajwe ariko Perezida wa Repubulika bazashakirwa umwanya wo kurahira kimwe na bamwe mu bandi bayobozi baherutse gushyirwa mu myanya itandukanye.8 mu bagize guverinoma yagiyeho ni bashya harimo abaministiri 5 n'abanyambanga ba Leta 3.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura