Yanditswe Oct, 10 2017 19:05 PM | 5,913 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye impapuro zemerera abagiye guhagararira inyungu z'ibihugu byabo mu Rwanda bagera kuri 11 barimo 4 bafite icyicaro i Kigali n'abandi 7 bazakorera hanze y'igihugu. Abambasaderi bakiriwe n'Umukuru w'Igihugu mu ngingo bavuga ko bagiye kwibandaho zirimo kurushaho gushimangira umubano w'ibihugu byabo n'u Rwanda ukarushaho gushinga imizi.
Abashyikirije Umukuru w'Igihugu impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda babimburiwe na Anvire Djabia Joachim wa Cote d'Ivoire uzaba afite icyicaro i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Nyuma yo guhura na Perezida avuga ko azanywe gushimangira umubano n'ubufatanye bw'ibihugu byombi. Yagize ati, ''Namusobanuriraga ubushake bwa Perezida Alasane Ouatara wa Cote d'ivoire, ku kwagura no guteza imbere ubufatanye twari dufitanye n'u Rwanda. Byumwihariko mu bijyanye n'ubucuruzi, umuco ndetse cyane cyane ubukerarugendo, guhererekanya abanyeshuri n'ibindi..''
Yevhenii Tsymbaliuk ugiye guhagararira Ukraine mu Rwanda afite icyicaro i Nairobi muri Kenya avuga kuba ariwe ambasaderi wa mbere w'igihugu cye mu Rwanda bimuha imbaraga zo kurushaho guteza imbere umubano avuga ko uzanashingira ku bufatanye burimo no guteza imbere uburezi.
Raza
Bashir Tarar ugiye guhagararira Pakistan mu Rwanda azaba afite icyicaro Nairobi
muri Kenya nyuma yo gushyikiriza Perezida Kagame impapuro zimwerera
guhagararira igihugu cye yatangaje ko mu b yingenzi azakora harimo no
gushishikariza abashoramari kuza mu Rwanda.
Antonio
Luis Pubillones Izaguirre ugiye guhagararira Cuba mu Rwanda azaba afite
icyicaro i Kampala muri Uganda avuga ko kurushaho gusigasira ubufatanye buri
hagati y'ibihugu byombi anashima u Rwanda mu kuba rutarahwemye kugaragaza ko
rushyigikiye ikurwaho ry'ibihano Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye igihugu
cye mu byucuruzi.
Undi washyikirije impapuro ze Perezida Kagame ni Elizabeth Taylor ugiye guhagararira Columbia mu Rwanda azaba afite icyicaro i Nairobi muri Kenya, uyu ashima intambwe u Rwanda rumaze gutera mu bukungu no mu bijyanye n'ubwiyunge avuga ko ubufatanye bazashingira mu gusangizanya inararibonye.
Benson Keith Chali wa Zambia nundi washyikirije impapuro Perezida wa Repubulika azaba afite icyicaro Dar es Salaam muri Tanzania avuga ko mu byo azibandaho harimo no guteza imbere ubukerarugendo bw'impande zombi. Yagize ati,''Zambia ifite umugenzi nyaburanga witwa Victoria Falls, n'u Rwanda rufite sosiyete y'indege imwe mu zikomeye muri Afurika., RwandAir kandi ikora ingendo muri Rusaka. navuganye na Perezida ko batekereza uburyo iyi sosiyete yatangira ingendo muri Livingston, kuko twabonye ingangi hano zizana ba mukerarugendo benshi natwe dufite Victoria Falls ikurura ba mukerarugendo benshi twifuza gufatanya muri uru rwego rw'ubukerarugendo ku nyungu z'u Rwanda na Zambia.''
Umukuru w'Igihugu yanakiriye impapuro zemerera intumwa y'umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Musenyeri Andrzej Jozwowicz guhagararira Vatican mu Rwanda, azaba afite icyicaro i Kigali avuga ko aje gushimangira umubano iby'urugendo rushya mu bufatanye bwa Vatican n'u Rwanda.
Benoit Ryelandt washyikirije Perezida Kagame impapuro zimwemerera guhagararira u Bubiligi mu Rwanda azaba afite icyicaro i Kigali avuga ko azanywe no kurushaho kumenya ibijyanye n'umuco w'u Rwanda nahakwiye gushyirwa imbaraga.
Elman
Abdullayev wa Azerbaijan azaba afite icyicaro i Addis Abeba muri Ethiopia nawe
ari mu bashyikirije Perezida Kagame impapuro zimwemerera guhagararira igihugu
cye mu Rwanda avuga ko azibanda mu guteza imbere ubufatanye bw'ibihugu byombi
cyane cyane mu bijyanye n'ubucuruzi.
Olivier Wonekha ugiye guhagararira Uganda mu Rwanda azaba afite icyicaro i Kigali avuga ko aje gushimangira umubano usanzwe urangwa hagati y'ibihugu byombi mu bice azibandaho ngo ni uguteza imbere ubuhahirane by'abaturage.
Adamu Onoze Shuaibu yaherutse abandi mu gushyikiriza Perezida Kagame impapuro zimwemerera guhagararira Nigeria mu Rwanda azaba afite icyicaro i Kigali avuga ubufatanye mu ishoramari buzashyirwamo imbaraga ku nyungu z'abatuye ibihugu byombi.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru