AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Perezida Kagame yakiriye Mme. Matshidiso Moeti umuyobozi wa OMS muri Afurka

Yanditswe Jun, 29 2017 16:48 PM | 4,767 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye mu biro bye, umuyobozi w'Ishami ry'umuryango w’abibumbye ryita ku buzima ku rwego rwa Afurika, Madame Matshidiso Moeti. Uyu muyobozi yashimye uburyo mu Rwanda hari gahunda y’ubwisungane mu kwivuza avuga ko bukwiriye kubera urugero ibindi bihugu bya Afurika. 

Madame Matshidiso Moeti, ubwo yagiranaga ibiganiro n'umukuru w'Igihugu Paul Kagame, yashimye intambwe u Rwanda rumaze gutera mu nzego zose harimo n’urw'ubuzima. By’umwihariko yashimye ko mu Rwanda byoroheye buri wese kubona serivise z’ubuvuzi, yagize ati, "Icya mbere turashima ko iki gihugu cyagabanyije ubusumbane mu kwivuza mu baturage b'u Rwanda, ni ukuvuga ko buri munyarwanda ashobora kugera kuri serivise z'ubuvuzi mu buryo bumworoheye n’ubwo baba ari abakene. leta yashyizeho uburyo bwo kubagenera ubwisungane mu kwivuza ari bwo mutuelle de santé ndetse n'abandi banyarwanda bari mu byiciro bitandukanye. Ihame twigiye ku Rwanda ntekereza ko nzarishishikariza ibindi bihugu ni uko umuturage uko yaba ameze kose yafashwa kugenerwa ubwisungane mu buvuzi. Nk’uko perezida wa republika yabivugaga ni uko iyo bigenze bityo umuturage yibona muri iyo gahunda"

Madame Matshidiso Moeti kandi atangaza ko politike y'u Rwanda mu gukorana n'abafatanyabikorwa barwo ikwiriye yasangizwa n’ibindi bihugu. 

Ishami ry'umuryango w’abibumbye ryita ku buzima rifasha ibihugu birimo n'u Rwanda mu buryo bw'ubumenyi, kubisangiza ibitekerezo na gahunda zagize impinduka mu bindi bihugu kugirango bibashe kugera ku ntengo z’iterambere rirambye.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize