AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

U Rwanda na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu Basinye Amasezerano y'Ubufatanye

Yanditswe Nov, 02 2017 18:23 PM | 4,794 Views



Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ejo kuwa gatatu yakiriwe n’umuyobozi w’umujyi wa Dubai akaba n’umuyobozi wungirije wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Sheikh Mohammed Bin Rashid Al Maktoum. Ibyo biganiro byibanze ku gushimangira ubufatanye mu by’ishoramari hagati y’ibihugu byombi.

Mu kiganiro aba bayobozi bombi bagiranye, cyaranzwe ko kugaragaza ubushake mu by’ubufatanye hagati y’u Rwanda na Leta zunze ubumwe z’Abarabu.

Vice-prezida wa leta zunze ubumwe z’abarabu akaba n’umuyobozi w’umujyi wa Dubai Sheikh Mohammed Bin Rashid Al Maktoum yavuze ko ashishikajwe no gushimangira umubano n’ubufatanye n’ibihugu by’Afrika. By’umwihariko mu kurushaho guteza imbere inzego zinyuranye zirimo ishoramari, ubucuruzi hamwe n’ibikorwaremezo.

Uyu muyobozi yanavuze kandi biyemeje gutera inkunga imishinga inyuranye y’ishoramari n’ibikorwaremezo no gushyiraho ihuriweho n’u Rwanda na leta zunze ubumwe z’abarabu UAE mu nzego z’ubuhinzi n’ubworozi, ibikorwaremezo n’ubukerarugendo hagamijwe inyungu rusange z’abaturage b’ibihugu byombi.

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yashimye ubufatanye buri hagati y’u Rwanda na leta zunze ubumwe z’abarabu, ndetse avuga ko u Rwanda rwifuza kwigira ku bunararibonye n’iterambere uyu mujyi ugezeho mu bijyanye n’ubwikorezi, ubwubatsi bw’imihanda yaba iyo ku butaka n’inyura munsi, ibiraro, n’ikoranabuhanga.

Uretse ibi biganiro, u Rwanda na Leta zunze ubumwe z’Abarabu byanasinyanye amasezerano agamije guteza imbere ishoramari nk’uko bisobanurwa na Emmanuel Hategeka, umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe ibikorwa muri RDB, yagize ati, agaciro k’ishoramari u Rwanda rwabonye mu myaka 2 ishize ribarirwa hafi muri miliyoni 100 z’amadolari, ahanini igice kinini cyaryo ryavuye ku bashoramari bo muri Dubai. U Rwanda kandi rwasinyanye na Leta zunze ubumwe z’Abarabu amasezerano 2 y’ubufatanye harimo ku ruhande rumwe ajyanye no guteza imbere no kubungabunga umutekano w’ishoramari rya buri gihugu, naho andi masezerano ni ayo kunoza imisoreshereze hirindwa ko ibicuruzwa bisoreshwa inshuro zirenze imwe. Aya masezerano yombi azarushaho koroshya ishoramari n’ubufatanye hagati y’abaturage b’ibihugu byombi"

Aho I Dubai, Perezida Kagame akaba yari yitabiriye inama y’iminsi 2 yiga ku ishoramari hagati ya Afrika na Dubai, izwi nka Africa Global business Forum



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira