Yanditswe May, 22 2017 14:13 PM | 2,138 Views
I New York muri leta zunze ubumwe za Amerika ni ho perezida w'u Rwanda Paul Kagame yaherewe igihembo yagenewe n'umuryango The World Values Network. Hari hanateraniye ihuriro rya 5 ngarukamwa ry'abayahudi ryitwa Champions of Jewish Values Award Gala.
Mu butumwa Perezida Kagame yagejeje ku bitabiriye ibi birori, yavuze ko ku munyarwanda, ubucuti n'abayahudi ari ibintu byikoze, kuko basangiye amateka.
President Kagame yabasabye gushyira hamwe bakarwanya uwo ari we wese washaka kwambura umuntu agaciro ke, ko urwango rudashobora guhabwa impamvu, uko byagenda kose.
Perezida wa repubulika kandi asanga abantu bakwiye gushyira hamwe bagahangana n'abahakana genocide kugira ngo ingengabitekerezo yayo itazashinga imizi mu mbaga y'abatuye isi.
Perezida Kagame yizeza ko u Rwanda ruzakomeza kwirinda kandi rugaharanira gutanga ubufasha mu kurinda abandi bari mu kaga.
“Duhamagarirwa kwifatanya n'abo bose bahaguruka bagahanga n'abagerageza kwambura abandi agaciro kabo. Abanyarwanda biyemeje gushimangira ubumwe bw'igihugu cyacu. Gukora ibi bikwiriye kuba inshingano ya buri wese uzaba ariho mu bihe bizaza. Ntabwo dushobora guhora twiringiye amagambo atagira ibikorwa ndetse n'icyizere kidafite ishingiro, ku bw'umutekano wacu n'imibereho myiza. Tuzahora twicungira umutekano.”
Mu kwezi kwa werurwe uyu mwaka Rabbi Shmuley Boteach washinze uyu muryango The World Values Network yashyize igitekerezo cye mu kinyamakuru Jerusalem Post avuga ko Perezida Kagame akwiye igihembo kubera ubutwari yagize mu guhagarika Jenoside, mu guteza imbere u Rwanda by’umwihariko no kuba ari inshuti ya Israel.
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru