AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida Vladimir Putin mu Burusiya

Yanditswe Jun, 13 2018 22:15 PM | 174,097 Views



Perezida wa Republika y’u Rwanda uri i Moscow mu Burusiya, yagiranye ibiganiro na mugenzi Vladimir Putin watangiye amuha ikaze mu murwa mukuru w’u Burusiya. Ibi biganiro bikaba byibanze ku ngingo zitandukanye ku birebana n’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Mu ijambo rye ry’ikaze Vladimir Putin, yibukije ko Ministri we w’ububanyi n’amahanga Sergey Lavrov yagiriye uruzinduko mu Rwanda mu ntangiriro z’uku kwezi kwa gatandatu.

Perezida Putin yavuze ko uyu mwaka wa 2018 uhuriranye n’imyaka 55 ishize u Rwanda n’u Burusiya bifitanye umubano ushingiye ku bubanyi n’amahanga.

Yagaragarije mugenzi we w’u Rwanda ko anejejwe no kubona umwanya wo kuganira ku ntambwe uwo mubano w’ibihugu umaze gutera ujya mbere. Yanamwifurije kandi kugubwa neza no kugirira ibihe byize i Moscow  muri iki gihe cy’igikombe cy’isi kibura amasaha make ngo gitangire aho mu Burusiya.

Perezida Paul Kagame nawe yamushimiye ikaze yamuhaye no kuba yaramutumiye ngo asure u Burusiya, kuri ibi hakiyongeraho no kuba mu bashyitsi batumiwe mu gikombe cy’isi. Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yakomeje avuga ko anejejwe cyane no kuba kugeza ubu umubno w’ibihugu byombi umaze imyaka 55, kandi ko ukwiye gukomeza gushimangirwa  kugira ngo urusheho kugirira akamaro impande zombi.

Perezida Kagame nawe yagarutse ku ruzinduko rwa Ministri w’ububanyi n’amahanga Lavrov n’intumwa yari ayoboye i Kigali. Yavuze ko rugomba kuba umusingi wo kurushaho gukomeza umubano w’ibihugu byombi. Perezida Kagame kandi yashimuye by’umwihariko mugenzi we Putin kubera inkunga n’ubufatanye bw’u Burusiya mu nzego zitandukanye, zifitiye u Rwanda akamaro kanini.

Zimwe muri izo nzego ni nko mu burezi, mu mahugurwa, mu bufatanye mu bya gisirikare no mu zindi nzego.

Umukuru w’igihugu yanzuye ijambo rye avuga ko bategereje kubona abikorera b’Abarusiya mu Rwanda  no kubona bamwe muri bo basura u Rwanda mu rwego rwo kwirebera amahirwe ahari bafatanya n’Abanyarwanda mu gushoramo imari.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura