AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Paris : Tito Barahira uregwa ibyaha bya Jenoside yitabye urukiko

Yanditswe May, 30 2016 16:24 PM | 2,469 Views



Mu rubanza rubera i Paris mu Bufaransa ruregwamo Tito Barahira na Octavien Ngenzi bahoze ari ba burugumesitiri ba Kabarondo, kuri uyu munsi wa 14 humviswe Tito Barahira abazwa icyo yakoraga hagati ya tariki 07 na 12 Mata 1994.

Iri bazwa ryakurikiraga iry'abatangabuhamya bari bamushinje ko yakoresheje inama i Kabarondo ku kibuga cy'umupira cy'ahitwa Cyinzovu, aho ngo yaba yaratangiye amabwiriza yo guhiga abatutsi no kubica, abita abanzi. Icyakora ngo yababujije kwica abagore kuko ngo bari kuzabatwara bakaba ababo. Barahira ibyo yabasabye ngo barabyubahirije kuko yari umuyobozi wabo. Mu bavuze ibi harimo n'uwarangije imyaka 10 y'igifungo n'indi 10 y'imirimo nsimburagifungo.

Tito Barahira yiregura yavuze ko kuva tariki 7 Mata kugeza ku ya 12 nta nama yigeze atumiza, ko ngo ari impuha zahimbwe n'abaturage b'ahitwa Rugazi 1 na Rugazi II bashakaga kubabarirwa ibyaha muri Gacaca.

Ikindi ngo ntabwo yari kuremesha inama nta burenganzira asabye, ndetse n'ibyo bamwitirira ngo ntiyabivuze. Yavuze ko iyo nama itabayeho, ubuyobozi bwa komini butayimenyeshejwe kimwe n'abaturage.

Muri ariya matariki yo kuva kuri 07 kugera kuri 12 Mata, ahubwo ngo yari ahugiye mu turimo two mu rugo n'isambu ye, ndetse ngo no kwita ku matungo ye.

Ngo yageze i Kabarondo incuro nke agiye kwishyuza abakodeshaga inzu ze, dore ko yasobanuye ko yari atuye muri km 4 uvuye i Kabarondo.

Saa sita n'igice ni bwo iburanisha ryasubitswe kubera ko uregwa yari kujya ku mashini imuyungururira amaraso kuko arwaye impyiko.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira