AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

PM Dr. Ngirente yitabiriye inama ku ngamba zo guca inzara n’imirire mibi ku isi

Yanditswe Nov, 28 2018 22:44 PM | 12,159 Views



Ministiri w’intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente uri i Bangkok muri Thailande aho yitabiriye inama mpuzamahanga ku kwihutisha ingamba zo guca burundu inzara n’imirire mibi ku isi, yavuze ko iyi nama ari umwanya ukomeye wo kungurana ibitekerezo ku cyakorwa ngo iyo ntego igerweho muri rusange.

Yasangije abayiteraniyemo intambwe yatewe n’u Rwanda n’intego rufite mu guhangana n’inzara n’imirire mibi bitarenze umwaka wa 2025.

Ministiri w’intebe  Dr. Ngirente yanakurikiranye kandi umuhango wo gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda n’ikigo cy’ubushakashatsi mu birebana na politiki z’ibiribwa ku rwego mpuzamahanga, aho ku ruhande rwa Guverinoma y’u Rwanda hari ministiri w’u buhinzi n’ubworozi  Dr. Gérardine Mukeshimana naho ku ruhande rw’icyo kigo hari umuyobozi mukuru wacyo Dr.Shenggen Fan, wanaje kugirana ibiganiro na Ministri w’intebe Dr Ngirente aho i Bangkok.

Tugarutse kuri iyi nama yatangiye kuri uyu wa gatatu,  ihurije hamwe abayobozi, impuguke, abashakashatsi n’abandi bafatanyabikorwa ku ngingo irebana no guca inzara n'imirire mibi, baturutse hirya no hino ku isi, baganira ku cyakorwa mu kwihutisha ingamba zo gukora ubuhinzi busubiza ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa, guca inzara n’imirire mibi.

Bisobanurwa ko kongera imbaraga mu kwihaza mu biribwa no kugira indyo iboneye ni ingenzi mu kugera ku ntego z’iterambere rirambye umuryango w’abibumbye wihaye, aho intego ya kabiri muri 17 zigize iyi gahunda igaruka ku  Kurandura burundu inzara, kugera ku kwihaza mu biribwa, kugira imirire iboneye kandi ihagije no guteza imbere ubuhinzi burambye. 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage