AGEZWEHO

  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside – Soma inkuru...

PM Dr. Ngirente yakiriye indahiro z’abashinjacyaha 3 bo ku rwego rw'ibanze

Yanditswe Dec, 22 2017 22:00 PM | 5,717 Views



Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Dr. Edouard Ngirente kuri uyu wa Gatanu yakiriye indahiro z’abashinjacyaha batatu bo ku rwego rw’ibanze abasaba kuzaha uburemere kwihutisha amadosiye arebana n’ibyaha bibangamiye umutekano w’igihugu birimo ruswa, kunyereza umutungo, ibiyobyabwenge n’icuruzwa ry’abantu.

Igena Marie Louise, Uwimana Angelique na Twagirayezu Ildefonse nibo barahiriye imbere ya Minisitiri w’Intebe kuzuzuza inshingano nshya bahawe ni nyuma yo kwemezwa n’inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 5 z’ukwezi kwa 12 mu 2017.

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yabasabye kuzabyaza umusaruro icyizere bagiriwe n’igihugu anabibutsa indangagaciro zikwiye kubaranga mu kazi binjiyemo. Aba bashinjyacyaha bavuga ko inshingano nshya binjiyemo bumva neza uruhare rwazo mu guteza imbere igihugu, ibi ngo bizahora bibatera imbaraga mu kuzuzuza neza.

Minisitiri w’Intebe kandi yibukije aba bashinjacyaha ku rwego rw’ibanze bimwe mu byaha bikomeje kugaragara mu gihugu abasaba uruhare rwabo mu kubihashya. Minisitiri w’Intebe yanongeye kwizeza ubufatanye urwego rw’Ubushinjacyaha mu kurwongerera imbaraga kugira ngo rukomeze kugira uruhare rugaragara mu gushimangira iyubahirizwa ry’amategeko mu Rwanda.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura