AGEZWEHO

  • Minisitiri Musabyimana yijeje ubuvugizi mu ikorwa ry'umuhanda Bugarama-Bweyeye – Soma inkuru...
  • Rusizi: Abarokotse Jenoside bagaragaje ko nta Mututsi wari wemerewe guhinga umuceri mu Bugarama – Soma inkuru...

OAFLA: Madamu Kagame yibukije ko biyemeje kurandura burundu icyorezo cya SIDA

Yanditswe Jan, 31 2017 16:44 PM | 1,828 Views



Madamu Jeannette Kagame yatanze ikiganiro mu nteko rusange ya 18 y'umuryango OAFLA washinzwe n'abafasha b'abakuru b'ibihugu muri Afurika bagamije kurwanya Sida. Ni inama yahuriranye no kwizihiza isabukuru y'imyaka 15 uyu muryango umaze ushinzwe. Mu butumwa bwe muri iki kiganiro, Mme Jeannette Kagame yibukije ko iyi myaka 15 ishize biyemeje kurandura burundu icyorezo cya Sida imaze imyaka itari mike ihitana ubuzima bw'amamiliyoni y'abatuye isi.

I Addis Ababa muri Ethiopia, madamu Jeannette Kagame yavuze ko ari umwanya wo kwishimira ibyakozwe muri iyo myaka ishize, ariko nanone no gutekereza akazi kakibategereje mu rugamba rwo guhashya icyorezo cya Sida: Hashize imyaka hari intambwe igenda iterwa ku isi mu kurwanya Sida kandi yabaye intambwe ivuze ikintu gikomeye. Gusa ariko Afurika yo munsi y'ubutayu bwa Sahara ikomeje kwibasirwa bikomeye na Sida. Buri munota hapfa umwana ahitanywe n'uburwayi akomora kuri Sida, kandi buri mwaka miliyoni y'abantu batakaza ubuzima kubera iki cyorezo.Niyo mpamvu tutagomba gucika intege, tudakwiriye gucogora, tutazigera tureka kuyirwanya.”

Madamu Kagame yavuze no ku ngamba zo gukumira ko ababyeyi banduza abana batwite, aho mu Rwanda mu gihe cy'imyaka 16 zashyirwaga mu bikorwa mu bigo by'ubuvuzi bigera kuri 97%, ubu bwandu umwana aterwa n'umubyeyi buva hafi ku 10% bugera kuri 1,8% mu myaka 10.

Madamu Jeannette Kagame yanagarutse ku kuba Sida kuri ubu irimo kwibasira urubyiruko, ku buryo iri mu bihitana abari hagati y'imyaka 10-19, ingimbi n'abangavu bakagirwaho ingaruka mu buryo bwihariye.

Aha niho yatangaje ko Sida yahindutse ikibazo kibangamiye iterambere kuko yibasiye abafite imbaraga zo gukora kandi kuyikumira no kuyivura bigasaba amikoro yakagombye gukoreshwa mu zindi gahunda z'ubuvuzi n'iterambere.

Gusa ariko asanga buri wese agomba guhaguruka agaharanira ko Afurika igira urubyiruko ruzira ubwandu bwa Sida.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu