AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Nubwo ikigero cy'ubumwe mu Rwanda gishimishije kwirara ntibikwiye kubaho

Yanditswe Sep, 23 2016 16:34 PM | 899 Views



Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) iravuga ko nubwo ubwiyunge bw'abanyarwanda bugeze kugipimo gishimishije, isanga hakwiye gushyirwamo ingufu kugirango bakemure imbogamizi zikigaragara.

Aha ni naho abagize inteko ishinga amategeko umutwe w'abadepite basabwe  gukoresha icyizere bafitiwe n'abaturage mukurushaho kubigisha.

Gahunda ya Ndi Umunyarwanda, Umuganda rusange w’igihugu, Itorero ry’Igihugu, Ubudehe, ndetse na gahunda ya Girinka munyarwanda ni bimwe mubikorwa bikomeje kugira uruhare mukuzamura igipimo cy'ubumwe bw'abanyarwanda nyuma y'amateka mabi yaranze u Rwanda.

Gusa Umunyamabanga wa Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge Fideli Ndayisaba asanga kuba bamwe mu banyarwanda bacyirebera abandi mu ndorerwamo z’amoko ndetse  hari n'abagifite ingengabitekerezo ya Jenocide bikiri imbogamizi.

Aho kuri we asanga abadepite bafite uruhare runini mukurushaho kwigisha abaturage kugirango ibibazo bibangamira ubumwe bwabo bikemuke.

Perezida w'inteko ishinga amategeko umutwe w'abadepite ,Donatille Mukabalisa asanga ari umwanya mwiza wo kumenya ahakwiye gushirwa ingufu kugirango ibyo bibazo bikemuke burundu kandi bakaba bafite ubutumwa bumva bagomba gutanga muri gahunda bafite yo kwegera abaturage kugirango n'iyo mibare ikomeze kugenda igabanuka.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize