AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

'Ndi Umunyarwanda' ishingiye ku mahitamo meza y'abanyarwanda--Hon.Makuza Bernard

Yanditswe Dec, 11 2018 22:28 PM | 36,422 Views



Perezida wa Sena y'u Rwanda Bernard Makuza avuga ko gahunda ya ''Ndi Umunyarwanda'' ari urugendo rugomba guhuzwa n’inkingi z’urugamba rwo kwibohora, bishingiye ku ntekerezo ngari y’imiyoborere yubaka, yo guhuza Abanyarwanda, aho kubaheza mu mfuruka y’ibyagizwe amoko, atari nayo.

Ibi Perezida wa Sena yabitangarije mu biganiro byabereye  mu ngoro y'inteko ishinga amategeko, aho abasenateri n’abakozi ba Sena bari bari mu kiganiro cya 'Ndi Umunyarwanda' ku rwego rwa Sena, ku nsanganyamatsiko igira iti: “Ndi Umunyarwanda, icyomoro n’igihango.

Perezida wa Sena yakomeje agaragaza ko gahunda ya Ndi Umunyarwanda ishingiye ku mahitamo y’abanyarwanda, ku mpinduramatwara mu miyoborere n’imibereho y’abanyarwanda, bishyira imbere ukuri, aho gushingira ku bidafite igisobanuro n’ireme.

Perezida wa Sena akomeza avuga ko gahunda ya Ndi Umunyarwanda ari naryo shingiro ry’Amahame Remezo, Abanyarwanda bashimye gushyira mu ngingo ya 10 y’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda.

Perezida wa komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge Bishop John Rucyahana yagaragaje ko  'Ndi Umunyarwanda' ari  interuro ikwiriye kuranga nyirayo cyangwa uyivuze, ikaranga isoko ye cyangwa inganzo avamo.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura