AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Musanze: Bitarenze ukuboza inka zahawe abatazigombwa zigomba kuba zagaruwe

Yanditswe Aug, 09 2016 10:44 AM | 2,319 Views



Guverineri w’intara y’Amajyaruguruguru, Bosenibamwe Aime, arasaba abayobozi b'inzego z'ibanze ko inka zanyerejwe muri gahunda ya ‘Girinka Munyarwanda’ n’izahawe abo zitari zigenewe zigomba kugarurwa bitarenze mu Ukuboza k’uyu mwaka.

Guverineri Bosenibamwe yibaza n'impamvu umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi ukomeje kuba mucye, akaba anenga abayobozi bo mu nzego z’ibanze badafata iya mbere ngo bumve ko bagomba kugira uruhare mu gutuma umusaruro wiyongera.

Avuga ku bworozi Guverineri Bosenibamwe yasobanuye ko gahunda ya ‘Girinka Munyarwanda’ igamije koroza abaturage ikwiye guhabwa agaciro.

Mu bice bitandukanye, iyi gahunda yakunze kuvugwamo uburiganya burimo kwaka ruswa (Ibyo bita kugura ikiziriko) ku bo yabaga igenewe.

Guverineri w'intara y'amajyaruguru yavuze ko inka zanyerejwe muri iyi gahunda n’izahawe abo zitagenewe zikwiye kugaruzwa mu buryo bwihuse kandi bigakorwa bitarenze ukwezi kwa 12 uyu mwaka. 

Yasabye aba bayobozi kujya bafata inshingano bakava mu biro bakajya ahakorerwa ubuhinzi n’ubworozi bakareba ibibazo biri muri ibi bikorwa.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura