AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Mu cyumweru cyahariwe kurwanya ruswa mu nkiko,hazacibwa imanza 27

Yanditswe Feb, 06 2017 12:21 PM | 1,983 Views



Mu Rwanda kuri uyu wa mbere hatangijwe icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa mu nkiko, kizasozwa kuwa gatanu. Mu kiganiro yagiranye n'abanyamakuru mu rwego rwo gutangiza iki cyumweru ku mugaragaro, perezida w'urukiko rw'ikirenga prof. Sam Rugege yavuze ko kizarangwa no guca imanza 27 z'abaregwa ruswa. Kandi mbere y'iburanisha, abacamanza bazajya batanga ibiganiro ku baburanyi.

Muri iki kiganiro n'abanyamakuru hagarajwe ko kuva muri Gashyantare 2016 kugeza uyu mwaka haciwe imanza za ruswa 324. Perezida w'urukiko rw'ikirenga yavuze kandi ko imibare y'igihembwe gishize igaragaza ko ibirego bya ruswa byatanzwe byari ibirimo hagati ya frw 3000 na 5000, ahanini abaza ku isonga bagaragayeho icyo cyaha cya ruswa ari abashoferi n'aba motards.

Perezida w'urukiko rw'ikirenga prof Sam Rugege akaba asaba abakora mu nzego zose z'ubutabera gufatanyiriza hamwe mu kurwanya ruswa kuko ari ikibazo kibangamiye imikorere iboneye mu gutanga ubutabera ku baturage.

Muri iki cyumweru ku wa kabiri no kuwa kane hazaba ibiganiro nyunguranabitekerezo n'inzego z'ubutabera n'ibiganiro kuri radio na televisions bizajya bitangwa n'abaperezida b'inkiko hirya no hino mu gihugu.

Iki cyumweru cyo kurwanya ruswa cyahawe insanganyamatsiko igira iti: uburenganzira ntibugurwa, dufatanye guca ruswa. Kikazasozwa n'urugendo rwo kurwanya ruswa ruzava ku rukiko rw'ikirenga rugere kuri stade ntoya y'i remera kuwa gatanu



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura