AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Ministre w'urubyiruko Mbabazi avuga ko azafasha urubyiruko kwihangira imirimo

Yanditswe Sep, 07 2017 17:00 PM | 5,633 Views



Bamwe mu rubyiruko baravuga ko iyi myaka irindwi ya manda nshya ya Nyakubahwa perezida wa repubulika Paul KAGAME izarangwa n'ibikorwa bifatika bigamije cyane cyane guhangana n'ikibazo cy'ubushomeri. 

Uru rubyiruko rusanga gushyirirwaho minisiteri yarwo mu buryo bwihariye ari umusingi ukomeye uzarufasha kugera ku byo rwiyemeje, ibi kandi ngo bikaba bishimangira igihango bafinye n'umukuru w'igihugu.

Ubushakashatsi bw'Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare bwo mu mwaka ushize wa 2016, Labour Force Survey 2016, bugaragaza ko urubyiruko rungana na 15,9% rwugarijwe n'ikibazo cy'ubushomeri.

Gusa Minisitiri w'urubyiruko Madame Rose Mary MBABAZI, avuga ko uburyo inzego z'iyi minisiteri zubatse buri mu bumuha icyizere gikomeye cyo kuzashobora guhangana n'ibyo bibazo, ibintu yemeza ko mbere na mbere bizashingira ku kubaka ubunyarwanda nyabwo mu rubyiruko no kurutoza kwihangira imirimo mu gihe rukiri no ku ntebe y'ishuri.

Kuri ibi kandi, Minisitiri Rose Mary avuga ko haziyongeraho ubufatanye n'urwego rw'abikorera n'ibigo by'imari byose bizafasha mu ihangwa ry'imirimo mishya no gushyigikira inganda nto n'iziciriritse zihangwa n'urubyiruko rwo hirya no hino mu gihugu. Yongeraho kandi ko guteza imbere impano z'urubyiruko bizaza ku isonga muri gahunda zigamije kuzamura imibereho y'u Rwanda rw'ejo hazaza. 




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura