AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Ministre w'intebe yatashye ikigo cyo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Yanditswe Nov, 28 2016 14:05 PM | 1,465 Views



Ministre w'intebe yatashye ku mugaragaro ikigo cy'icyitegererezo mu karere kizafasha kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n'irikorerwa abana. Ni ikigo gikorera ku cyicaro cya police y'u Rwanda ku Kacyiru, kizaba gifite inshingano zo kurandura iri hohoterwa rishingiye ku gitsina n'irikorerwa abana.

Iki kigo cyuzuye gitwaye amafaranga y'u Rwanda asaga miliyoni 700 z'u Rwanda kizajya gikorerwamo amahugurwa, ubushakashatsi n'ikusanyamakuru ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina n'irikorerwa abana

Iki kigo kizajya gikora ubushakashatsi, cyongerere ubushobozi inzego z'umutekano n'abasivili, hagamijwe gukumira no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Kizajya gifasha gutangaza gahunda akarere gafite no gusaranganya ibyiza bigenda bigerwaho muri aka karere mu rwego rwo gushyira iherezo ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina n'irikorerwa abana.

Nyuma yo gutaha ku mugaragaro iki kigo, hahise hatangira ihuriro ku masezerano mpuzamahanga ya Kigali, ryiga ku ruhare abagore bari mu nzego z'umutekano bagira mu bikorwa byo kubungabunga amahoro n'umutekano muri Afrika.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama