Yanditswe Jun, 27 2017 12:43 PM | 3,577 Views
Ministre w'intebe Anastase Murekezi yatangije ku mugaragaro imirimo y'ihuriro nyafrika ku buzima. Yatangaje ko iri huriro rifitanye isano n'ishyirwa mu bikorwa ry'intego ya 3 mu ntego zirambye z'iterambere uko ari 17. Iyo ntego ni irebana n'ubuzima buzira umuze n'imibereho myiza y'abaturage.
Ministre w'intebe yongeyeho ko iri huriro ari n'umwanya wo kujya inama nk'ibihugu bya Afrika ku buryo byateza imbere umutekano mu by'ubuzima, kugira ngo bitere intambwe byerekeza ku buvuzi kuri bose kandi mu buryo bungana.
Yasabye ibihugu bya Afrika gukorana no gusangira ubumenyi mu by'ubuzima, kuko asanga bizabifasha gushyira mu ngiro icyerekezo 2063 giteganya ubuzima buzira umuze n'imibereho myiza ku Banyafrika.
Ministre w'intebe Anastase Murekezi, kandi yatangaje ko ubuvuzi kuri bose muri Afrika biri mu ntego z'umuyobozi mushya wa OMS Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus. Yagarutse ku buryo u Rwanda rwashyize mu bikorwa intego z'iterambere ry'ikinyagihumbi, ndetse bishimwa ku rwego mpuzamahanga. Yizeje ko kuri ubu rukataje rwerekeza ku ntego z'iterambere rirambye, SDGs.
Ibi kuba u Rwanda rwizeye kubigeraho ngo ni ukubera ibishya ruhanga n'ingufu rushyira mu bikorwa bigamije guteza imbere ubuzima bw'abaturage.
Yahamagariye ibihugu bya Afrika gushyiraho ingamba zizafasha gushyira mu bikorwa imyanzuro izava muri nama y'iri huriro ndetse no kugira ubufatanye burambye n'ishami ry'umuryango w'abibumbye ryita ku buzima, OMS.
Mu bimukira 2242 bageze mu Rwanda bavuye muri Libya, 1621 bimuriwe ahandi
13 minutes
Soma inkuru
Kuki Intara y'Amajyaruguru ikomeje kugaragaramo ibipimo biri hejuru mu bana bafite imirire mibi ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
MINEMA yasobanuye uko ikomeje gufasha abibasiwe n'ibiza biheruka kwibasira uduce tumwe tw' ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Abanyamategeko 188 barangije amasomo y'Ubuhuza basabwe kugabanya umubare w'Imanza mu Nkiko
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Bugesera: Abaturage basaga ibihumbi 40 bahawe amazi meza
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Leta yatangiye kubarura inyubako zayo zidakorerwamo kugira ngo zibyazwe umusaruro
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Asaga miliyari 417 Frw yashyizwe muri gahunda zo gufasha abarokotse Jenoside mu myaka 30
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Haba hari umuti urambye wa gatanya zishingiye ku mitungo?
Mar 27, 2024
Soma inkuru