AGEZWEHO

  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...
  • Uganda yiyemeje guhashya icyasubiza Akarere mu icuraburindi nk’irya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...

Ministiri w'intebe yatangije inama ku ibungabunga ry'ibikorwa by'ubukerarugendo

Yanditswe Aug, 29 2016 10:05 AM | 1,927 Views



Ministiri w'intebe Anastase Murekezi mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere yatangije ku mugaragaro inama iganirirwamo uburyo bwo kubungabunga ibikorwa by'ubukerarugendo yiswe Conversation on conservation.

Ni inama itegura umuhango wo kwita izina ingagi uteganyijwe muri iki cyumweru tariki 2 Nzeri, ari nacyo cyatumye ministre w'intebe yemeza ko iziye igihe.

Yanishimiye ko ibaye mu gihe isi imaze gusobanukirwa ko imihindagurikire y'ikirere ari imbogamizi ku iterambere ry'ubukungu.

Akaba asaba ko isi yahagurukira ibikorwa bya muntu bibangamira ibidukikije bikanagaragaza uburyo abantu bakoresha nabi umutungo uri mu butaka.

yatangaje ko u Rwanda rwihaye intego yo gushyiraho politiki n'ingamba bitabangamiye urusobe rw'ibinyabuzima no guteza imbere ingufu zisubira binyujijwe mu cyerekezo 2020 na gahunda y'Imbaturabukungu, EDPRS II.

U Rwanda kandi rwashyizeho ikigega kigamije guteza imbere ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije n'ubukungu butangiza ikirere n'ikigo cy'icyitegererezo mu kwita ku rusobe rw'ibinyabuzima nk'uko ministre w'intebe yakomeje abisobanura.

Ministiri w'intebe Anastase Murekezi yanasobanuye ko kunanirwa kubungabunga ibidukikije ari ugushyira ubuzima bwa muntu n'ubw'ibindi biremwa mu kaga gakomeye.

Inkuru irambuye mu mashusho:




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu