Yanditswe May, 25 2016 17:31 PM | 2,392 Views
U Rwanda ni kimwe mu bihugu bimaze kugaragaza ko bishyigikiye ko Umunyetiyopiya Dr. Tedros Adhanom Yoba yayobora ishami rya ONU ryita ku buzima OMS. Dr. Tedros Adhanom, wabaye minister w’ububanyi n’amahanga wa Ethiopia ndetse ayobora minisiteri y’ubuzima muricyo gihugu, niwe mukandida rukumbi urimo guhatanira kuzayobora OMS mu mwaka utaha.
Kuva OMS yashingwa, hashize imyaka 70 itari yayoborwa n’umunyafrika. Tedros aramutse atowe, akaba ariwe waba ubaye umunyafrika wa mbere uyoboye OMS.
Ni muri urwo rwego Ministre w’ububanyi n’amahanga Madame Louise Mushikiwabo, na mugenzi we wa Kenya Amina Mohamed ndetse na Dlamini Zuma, bari I Geneve aho bitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku buzima, bagaragaje ko bashyigikiye uyu mukandida ku buyobozi bwa OMS.
Nkuko bigaragara ku rubuga rwa twitter ya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda, Ministre Mushikiwabo mu ijambo yavugiye muri uwo muhango, yatangaje ko Dr. Tedros ariwe mukandida ubikwiriye Afrika yahisemo kugirango abe yayobora OMS, kugirango Afrika nayo igaragaze uruhare rwayo mu guteza imbere urwego rw’ubuzima ku isi. Ministre Mushikiwabo akaba yashimangiye ko impinduka zizagerwaho n’abayobozi bazi neza ibibazo byugarije Afrika mu rwego rw’ubuzima n’uburyo bwo kubikemura.
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru