AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kugira icyerekezo mu buzima

Yanditswe Dec, 07 2017 22:49 PM | 5,770 Views



Madam wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame arasaba urubyiruko gukomera ku rugamba rwo guteza igihugu imbere bashingiye ku mahirwe bahawe n'ababohoye u Rwanda.

Ni ubutumwa bukubiye mu mpanuro yatanze mu ihuriro ry'urubyiruko kuri uyu wa kane riteranye ku nshuro ya 2 ryitabiriwe n'abarenga 300 baturutse mu gihugu hose.

Madame Jeannette Kagame yasobanuye ko iyo utangiye kubaho ubuzima bufite intego, ukamenya itandukaniro riri mu kubaho nyabyo ufite icyo umaze no kuba ku isi gusa, bituma utangira kugira ibintu bifatika ushingiraho mu gufata ibyemezo.

Madamu Jeannette Kagame kandi yongeye kwibutsa inyungu iri mu gushyira mu bikorwa uruhare rw'urubyiruko mu cyerecyezo cy'igihugu, binyuze mu kwinjira mu myanya y'ubuyobozi bakiri bato.

Ihuriro nkiri ryaherukaga guterana mu mwaka wa 2014, kuri iyi nshuro rikaba rigaruka ku cyerecyezo u Rwanda rwihaye mu guteza imibereho y'abarutuye imbere, aho abayobozi mu nzego nkuru z'igihugu barimo na Minisitiri w'intebe basobanuriye uru rubyiruko aho u Rwanda rugana.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize