AGEZWEHO

  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside – Soma inkuru...

MINISPOC na CHENO batangaje ibikorwa bizaranga kwizihiza umunsi w'intwari

Yanditswe Jan, 25 2018 19:11 PM | 9,279 Views



Ministiri wa siporo n'umuco Uwacu Julienne aratangaza ko ibikorwa byiza n'ishyaka ryo gukorera igihugu bigenda bigaragara mu Banyarwanda b'ingeri zitandukanye byerekana ko umuco w'ubutwari ugenda itera intambwe nini. Ibi ngo biterwa n'ingamba zagiye zifatwa n'ubuyobozi mu kumvisha abaturage isano bafitanye n'igihugu.

Abaturage mu byiciro bitandukanye, abakuze n'urubyiruko bemeza ko mu mikorere n'imyitwarire y'Abanyarwanda bo muri iki gihe hari ibigenda bigaragaza ko umuco w'ubutwari ugenda urushaho kwiyubaka, bagahamya ko uko kwiyubaka gushingiye ku ntwari z'u Rwanda n'ubuyobozi bw'igihugu.

Mu kiganiro kigamije kugaragaza imyiteguro yo kwizihiza umunsi ngarukamwaka w'intwari uba ku itariki ya 01 Gashyantare, Ministiri wa Siporo n'umuco Uwacu Julienne yasobanuye ko ibikorwa byo kwizihiza uyu munsi ngarukamwaka w'intwari, ubaye ku nshuro ya 24 bigenda bitanga umusaruro. Ibi bigaragarira mu bikorwa by'abantu b'ingeri zitandukanye byerekena ko umuco w'ubutwari ugenda utera intambwe nziza bishingiye ku ngamba Leta yagiye ifata.Yagize ati, ''ingamba zagiye zifatwa mu bihe bitandukanye zatumye Abanyarwanda bumva ku buryo burushijeho isano bafitanye ku gihugu cyabo. Nko kumva ko iki gihugu kiriho kubera Abanyarwanda kandi nta Munyarwanda uruta undi, bafite uburenganzira n'inshingano bingana iyo bigeze mu kubarengera barengerwa kimwe, iyo bigeze mu guhana abanyuranyije n'amategeko bahanwa kimwe, ibyo urabibona.Hari aho tumaze kugera hashimishije''

Kwizighiza umunsi w'intwari bizabanzirizwa n'icyumweru cyahariwe kuzirikana intwari z'igihugu cyatangiye kuri uyu wa 3. Dr. Pierre Damien Habumuremyi, ukuriye urwego rushinzwe intwari z'igihugu, imidari n'impeta by'ishimwe we asobanura ko ari icyumweru kizarangwa n'ibiganiro mu nzego zitandukanye, bikubiyemo ubutumwa bwo gushishikariza Abanyarwanda kwimakaza umuco w'ubutwari.

Hazanaba imikino n'amarushanwa ndetse n'ibiganiro mu bitangazamakuru binyuranye, ariko umunsi nyir'izina uzizihirizwe mu nzego z'ibanze zegereye abaturage.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura