Yanditswe Jan, 25 2018 19:11 PM | 9,279 Views
Ministiri wa siporo
n'umuco Uwacu Julienne aratangaza ko ibikorwa byiza n'ishyaka ryo gukorera
igihugu bigenda bigaragara mu Banyarwanda b'ingeri zitandukanye byerekana ko
umuco w'ubutwari ugenda itera intambwe nini. Ibi ngo biterwa n'ingamba zagiye
zifatwa n'ubuyobozi mu kumvisha abaturage isano bafitanye n'igihugu.
Abaturage mu byiciro
bitandukanye, abakuze n'urubyiruko bemeza ko mu mikorere n'imyitwarire
y'Abanyarwanda bo muri iki gihe hari ibigenda bigaragaza ko umuco w'ubutwari
ugenda urushaho kwiyubaka, bagahamya ko uko kwiyubaka gushingiye ku ntwari z'u
Rwanda n'ubuyobozi bw'igihugu.
Mu kiganiro kigamije kugaragaza imyiteguro yo kwizihiza umunsi ngarukamwaka w'intwari uba ku itariki ya 01 Gashyantare, Ministiri wa Siporo n'umuco Uwacu Julienne yasobanuye ko ibikorwa byo kwizihiza uyu munsi ngarukamwaka w'intwari, ubaye ku nshuro ya 24 bigenda bitanga umusaruro. Ibi bigaragarira mu bikorwa by'abantu b'ingeri zitandukanye byerekena ko umuco w'ubutwari ugenda utera intambwe nziza bishingiye ku ngamba Leta yagiye ifata.Yagize ati, ''ingamba zagiye zifatwa mu bihe bitandukanye zatumye Abanyarwanda bumva ku buryo burushijeho isano bafitanye ku gihugu cyabo. Nko kumva ko iki gihugu kiriho kubera Abanyarwanda kandi nta Munyarwanda uruta undi, bafite uburenganzira n'inshingano bingana iyo bigeze mu kubarengera barengerwa kimwe, iyo bigeze mu guhana abanyuranyije n'amategeko bahanwa kimwe, ibyo urabibona.Hari aho tumaze kugera hashimishije''
Kwizighiza umunsi w'intwari bizabanzirizwa n'icyumweru cyahariwe kuzirikana intwari z'igihugu cyatangiye kuri uyu wa 3. Dr. Pierre Damien Habumuremyi, ukuriye urwego rushinzwe intwari z'igihugu, imidari n'impeta by'ishimwe we asobanura ko ari icyumweru kizarangwa n'ibiganiro mu nzego zitandukanye, bikubiyemo ubutumwa bwo gushishikariza Abanyarwanda kwimakaza umuco w'ubutwari.
Hazanaba imikino n'amarushanwa ndetse n'ibiganiro mu bitangazamakuru binyuranye, ariko umunsi nyir'izina uzizihirizwe mu nzego z'ibanze zegereye abaturage.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru