AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

MINECOFIN igiye gutangiza umushinga w'ubwizigamire bw'igihe kirekire ku baturage

Yanditswe May, 29 2017 15:56 PM | 2,619 Views



Minisiteri y'imari n'igenamigambi iratangaza ko igiye gutangiza umushinga w'ubwizigamire bw'igihe kirekire mu banyarwanda, ni umushinga uzareba abaturage bose aho bazajya batanga imisanzu yabo hakurikijwe ibyiciro by'ubudehe.

Abagize inteko ishinga amategeko bashimye igitekerezo cyo kuba hagiye kujyaho uwo mushinga ureba abantu bose gusa bagira impungenge z'imicungire yawo.

Iyi Minisiteri  kandi yagaragaje imiterere yuwo mushinga  aho umuturage wese ubishaka azajya atanga amafaranga yo kwizigama hakurikijwe icyiciro cy'ubudehe abarizwamo.

Aha bagaragaza ko abari mu cyiciro cya 1 bazajya bishyura nibura ibihumbi 12 ku mwaka naho abo mucyiciro cya 2 bakishyura ibihumbi 15, 000 mu gihe abari mu cyiciro cya 3 bazajya bishyura ibihumbi 18, 000.

Bamwe mu bagize inteko ishinga amategeko bagaragaje ko uyu mushinga uziye igihe kuko uzaba ureba umuntu wese bitewe n'amikoro ye. Gusa hari zimwe mu mpungenge bagaragaje zirimo kuba leta izongerera abaturage amafaranga 50% yayo bazaba bamaze gutanga n'ibindi.

U Rwanda nicyo gihugu cya mbere muri Afurika kizaba gitangije uyu mushinga nuramuka utangiye gukora.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura