Yanditswe May, 29 2017 15:56 PM | 2,619 Views
Minisiteri y'imari n'igenamigambi iratangaza ko igiye gutangiza umushinga w'ubwizigamire bw'igihe kirekire mu banyarwanda, ni umushinga uzareba abaturage bose aho bazajya batanga imisanzu yabo hakurikijwe ibyiciro by'ubudehe.
Abagize inteko ishinga amategeko bashimye igitekerezo cyo kuba hagiye kujyaho uwo mushinga ureba abantu bose gusa bagira impungenge z'imicungire yawo.
Iyi Minisiteri kandi yagaragaje imiterere yuwo mushinga aho umuturage wese ubishaka azajya atanga amafaranga yo kwizigama hakurikijwe icyiciro cy'ubudehe abarizwamo.
Aha bagaragaza ko abari mu cyiciro cya 1 bazajya bishyura nibura ibihumbi 12 ku mwaka naho abo mucyiciro cya 2 bakishyura ibihumbi 15, 000 mu gihe abari mu cyiciro cya 3 bazajya bishyura ibihumbi 18, 000.
Bamwe mu bagize inteko ishinga amategeko bagaragaje ko uyu mushinga uziye igihe kuko uzaba ureba umuntu wese bitewe n'amikoro ye. Gusa hari zimwe mu mpungenge bagaragaje zirimo kuba leta izongerera abaturage amafaranga 50% yayo bazaba bamaze gutanga n'ibindi.
U Rwanda nicyo gihugu cya mbere muri Afurika kizaba gitangije uyu mushinga nuramuka utangiye gukora.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru