AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

MIGEPROF ivuga ko ibikinisho bigira uruhare rukomeye mu burere bw'umwana muto

Yanditswe Jun, 01 2017 15:02 PM | 3,871 Views



Ministeri y'uburinganire n'iterambere ry'umuryango ku bufatanye na UNICEF n'indi miryango ikora mu birebana no kwita ku bana, bateguye inama igamije kuganira ku ruhare rwo gukina n'ibikinisho binyuranye, bigira mu gutuma umwana akura mu bijyanye n'ubwenge kuva akiri muto.

Muri iyo nama abakora ibyo bikinisho, abigisha abana n' abareberera uburenganzira n' imibereho myiza y' abana, bahuriza ku kuba iyo umwana abashije gukina, akabona ibikoresho by'ibanze yifashisha kuva mu bwana bwe, bituma umwana akura mu buryo bwihuse mu birebana n' ubwenge, imitekerereze ye ikaguka kandi yazaba mukuru akaba umuntu umenya kubahiriza inshingano ze neza no gufata icyemezo.

Ku ruhande rw'abana nabo bavuga ko iyo bakina bafite ibikinisho binyuranye bagenda barushaho gusobanukirwa uko bikora. Muri iyi nama biteganijwe ko abayitabiriye baganira ku birebana n' uburyo umwana kuva akiri muto yakwitabwaho neza kugirango ejo hazaza azavemo umuntu w' ingirakamaro uzagira uruhare mu kubaka igihugu cye.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize