AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Kuba hari ibihugu bitarasinya amasezerano ya EPA biracyari imbogamizi--Kanimba

Yanditswe May, 22 2017 15:59 PM | 2,033 Views



Ministre w'ubucuruzi, inganda n'ibikorwa by'umuryango wa Afrika y'iburasirazuba Francois Kanimba asanga kuba ibihugu bimwe bigize uyu muryango bitarasinya amasezerano y'ubufatanye mu bucuruzi n'ibihugu bigize umuryango w'ubumwe bw'iburayi(EPA)ari uko kuri byo nta kihutirwa, ariko ngo hari icyizere ko mu myaka 7 yateganyijwe ishobora kuzashira byarahinduye ibitekerezo bigasinya ayo masezerano.

Aya masezerano ubusanzwe azwi nka Economic Partnership Agreement (EPA) agamije gufasha ibihugu bikiri mu nzira y'amajyambere kujyana ibicuruzwa byabyo ku isoko ryo ku ibihugu bigize umuryango w'ubumwe bw'iburayi nta mahoro byishyujwe.

Ariko ku rundi ruhande ibicuruzwa bikenerwa cyane nk'ibyo mu nganda biturutse mu burayi nabyo bikazanwa mu bihugu bikiri mu nzira y'amajyambere byishyujwe amahoro make azagenda agabanyuka buhoro buhoro.

Igihugu cya Tanzania nicyo cyagaragaje ko hari ingingo zimwe zo muri aya masezerano ya EPA kibona ko nta nyungu kizagiramo arinayo mpamvu cyifashe.

Umuyobozi wungirije w'ubunyamabanga bukuru  bw'umuryango  wa Afrika y'iburasirazuba Hon. Bazivamo Christophe asanga inyungu ibihugu bizagira mu gusinya aya masezerano ari nyinshi, arinayo mpamvu inama y'abakuru b'ibihugu bigize umuryango wa Afrika y'iburasirazuba yasabye umuyobozi wayo mushya Prezida Yoweri Kaguta Museveni kuganira n'ibihugu bigize umuryango w'ubumwe bw'iburayi kuri iki kibazo.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Bwongereza bwemeje bidasubirwaho gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda

Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanu

Ambasade ya Ukraine yafunguwe ku mugaragaro i Kigali

Iyo haba ubushake, Jenoside yakorewe Abatutsi yari buhagarikwe- Perezida Macron

Putin yatorewe kuyobora u Burusiya muri manda ya gatanu

Putin yasabye Abarusiya kumuha amajwi mu ‘matora yo mu bihe bigoye’

U Burayi bwahaye Ukraine inkunga ya miliyari 5.48$

Abimukira basaga 8.500 bapfiriye mu nzira mu 2023